Ubushakashatsi ku bashomeri n’abakora mu Rwanda bukorwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, igaragaza ko Abanyarwanda badafite akazi (abashomeri) bageze ku 754.312 bangana na 13,4%, bigaragaza igabanyuka rya 1,9% ugereranyije n’igihembwe nk’iki cya 2024.
Ni ubushakashatsi bw’igihembwe cya gatatu cya 2025. Bugaragaza ko mu bantu barindwi bari ku isoko ry’umurimo umwe nta kazi aba afite.
Imibare ya NISR igaragaza ko ubushomeri bwiganje mu bagore kuko abadafite akazi bangana na 15,9% mu gihe abagabo ari 11,2%. Urubyiruko rudafite akazi ruganga na 15,5% mu gihe abakuze badafite akazi ari 11,7%.
Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare igaragaza kandi ko ubushomeri bwiganje cyane mu batuye mu byaro aho bangana na 14,2% mu gihe mu mijyi ho buri kuri 11,8%.
Mu Rwanda abafite imyaka yo gukora ni ukuvuga kuva ku myaka 16 ni 8.571.278. Abari ku isoko ry’umurimo ni 5.643.232 bangana na 65,8%. Biyonhereyeho 1,7% ugereranyije no mu gihembwe cya gatatu cya 2024. Muri abo abafite akazi ni 4.888.921 bangana na 57% bavuye kuri 54,3% mu gihembwe cya gatatu cya 2024.
Raporo ya NISR iti “Izamuka ryagaragaye ku bitsina byose. Abagabo bafite akazi biyongereyeho 1,8% mu gihe abagore bo biyongereyeho 3,6%.”
Abagore bafite akazi bageze kuri 49% mu gihe abagabo bafite akazi ari 66,1%. Ikinyuranyo hagati y’abagabo n’abagore bafite akazi kiri kuri 17,1% mu gihembwe cya gatatu cya 2025. Cyaragabanyutse kuko cyari kuri 1,8% mu gihembwe nk’iki cya 2024.
Umubare munini w’Abanyarwanda bafite akazi ni abari hejuru y’imyaka 31 kuzamura bangana na 57,3%. Abari hagati y’imyaka 16 kugeza kuri 30 ni 56,6%.
Mu bafite akazi 20% babarizwa mu nganda abangana na 35,1% babarizwa mu buhinzi mu gihe 44,9% bo babarizwa muri serivisi.
Mu badafite akazi harimo 53,7% bakora ubuhinzi bw’amaramuko mu gihe abandi 46,3% nta mirimo bakora ibinjiriza.
Abatari ku isoko ry’umurimo barimo 2.928.045 bangana na 34,2%. Baragabanyutse kuko mu guhembwe nk’iki cya 2024 bari 35,9 %.
Imibare igaragaza ko abantu bangana na 56,7% bari mu kigero cyo gukora badakoresha ubushobozi bwabo nk’uko bikwiye. Bisobanuye ko bamwe nta kazi bafite abandi bakora amasaha make cyangwa se akazi bakora kakaba gakeneye ubumenyi buri hasi y’ubwo bafite.
Ni ikibazo kiri mu bari n’abategerugori cyane kuko 64,7% ntibakoresha ubushobozi bwabo nk’uko bikwiriye. Abagabo batabukoresha ni 48,3% by’abagejeje igihe cyo gukora. Abo mu rubyiruko badakoresha ubushobozi bwakabaye bangana na 57,8% mu gihe abakuze ari 55,8%.
Mu myaka itanu ubushomeri bwavuye kuri 19,4% mu gihembwe cya gatatu cya 2021 bugera kuri 18,1% mu cya gatatu cya 2022, no kuri 18% mu 2023, mu 2024 na bwo bwakomeje kugabanyuka bagera kuri 15,3% mu gihe mu gihembwe cya gatatu cya 2025 bwageze kuri 13,4%.
Abafite akazi bavuye kuri 41% mu gihembwe cya gatatu cya 2021 bagera kuri 46,4% mu 2022 mu gihe mu 2023 bari ku 49%. Mu gihembwe cya gatatu cya 2024 bari 54,3% bagera kuri 57% mu gihembwe cya gatatu cya 2025.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *