Imitima y’ababyeyi ihora idiha! Zimwe mu mpamvu zatumye amafaranga y’ishuri yiyongera bikabije
Yanditswe: Tuesday 16, Sep 2025
Ku itariki ya 8 Nzeri, abanyeshuri basubiye mu mashuri yabo nyuma y’ikiruhuko kirekire, ariko bamwe basanga hari ibigo byazamuye amafaranga y’ishuri. Uyu mwanzuro wagiye utangwa ku mpamvu zitandukanye bitewe n’ikigo.
Umuyobozi w’ishuri ryo mu karere ka Gasabo utashatse ko amazina ye atangazwa, yemereye ikinyamakuru The New Times ko bazamuye amafaranga ariko asobanura ko byatewe n’ibyifuzo n’ibikenewe bishya.
Yavuze ko kugira ngo bashobore kugumana abarimu b’inzobere b’abanyamahanga, hari ubwo bisaba kubaha umushahara ujyanye n’amasoko mpuzamahanga, kuko bashobora gutwarwa n’ibindi bigo bitanga amafaranga menshi. Yongeyeho ko hiyongereyeho gahunda yo guha abakozi ubwishingizi bw’ubuzima, kimwe mu byahindutse ngombwa muri iki gihe.
Uyu muyobozi kandi yavuze ko guteza imbere ibikorwaremezo ari indi mpamvu yo kongera amafaranga y’ishuri, aho bimwe mu bikoresho bikozwe mu mbaho bisimbuzwa ibigezweho hagamijwe kugabanya umukungugu no kurinda ubuzima bw’abanyeshuri.
Undi muyobozi w’ishuri ryo mu mujyi wa Kigali yavuze ko amafaranga yazamutse bitewe n’imishinga mishya yihariye, urugero nk’igisubizo ku busabe bw’ababyeyi bifuza serivisi zita ku bana b’incuke nyuma ya saa saba, kuko benshi batabasha gutaha kare. Yongeyeho ko izamuka ry’ibiciro ku masoko ryagize ingaruka zikomeye ku mikorere y’ishuri, bigatuma n’amafaranga y’ishuri agomba kuzamuka.
Theoneste Bizimungu, umuyobozi w’ishuri École Notre Dame de Guadaloupe Nganzo mu karere ka Muhanga, yavuze ko hongeweho amafaranga agera ku 11,000 Frw ku ntangiriro y’umwaka ariko atari ukongera ’minerval’. Yavuze ko 7,500 Frw agenewe kugura akuma gatunganya amazi abanyeshuri bazajya banywa, naho 3,500 Frw agashyirwa mu bufasha bw’imibereho burimo gufasha imiryango mu gihe cy’ibyago cyangwa gutanga inkunga mu bikorwa by’ubugiraneza.
Icyo ababyeyi bavuga
Umubyeyi umwe yabwiye The New Times ko umwana we yiga mu ishuri ryigenga ryazamuye amafaranga y’ishuri ava ku 300,000 Frw agera ku 400,000 Frw mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026. Yavuze ko ibi bituma bagabanya ibyo bakenera mu rugo, ndetse rimwe na rimwe abana bakabura ibyo bifuzaga.
Mu karere ka Rubavu, hari ababyeyi banenze izamuka ry’ibiciro by’imyambaro n’ibikoresho by’ishuri. Vincent Habumugisha yavuze ko imyambaro y’ishuri ihenze cyane, atanga urugero rw’umwenda w’ishuri mu mashuri abanza yigenga ugura 43,500 Frw.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *