Urubanza rwa Gitifu ushinjwa kunyereza Umutungo rwasubitswe
Yanditswe: Wednesday 19, Nov 2025
I Muhanga, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse urubanza ruregwamo uwahoze ari Gitifu w’Umurenge wa Kibangu kuko abunganira uwo bareganwa batabonetse.
Urubanza ku bujurire ku ifunga n’ifungura ry’iminsi 30 uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibangu Mukamutali Valerie n’uwari Umucungamari w’uwo Murenge Munyampundu Védaste.
Mukamutali Valerie kuri ubu ufungiye mu Igororero ry’abagore i Nyamagabe, na Munyampundu Védaste ufungiye mu Igororero rya Muhanga bombi bitabye Urukiko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu taliki ya 19/11/2025 saa tatu n’igice (09h30 a.m).
Imbere y’inteko iburanisha, Mukamutali yari afite Umwunganizi umwe mu mategeko naho Munyampundu nta we afite.
Urukiko rwababajije niba biteguye kuburana, Mukamutali n’umwunganira basubiza ko kuburana babyiteguye.
Munyampundu Védaste yashubije urukiko ko we atiteguye kugira icyo asobanurira urukiko, arusaba ko iburanisha ryimurirwa ku yindi taliki ya vuba kubera ko abavoka be babiri batabashije kuboneka.
Urukiko ndetse n’uwunganira Mukamutali Valerie mu mategeko bavuze ko gusubika urubanza kubera iyo mpamvu ari uburenganzira bw’uregwa, urukiko rwanzura ko urubanza rwimuriwe ku wa 26/11/2025 saa tatu za mu gitondo (09h00 a.m).
Mu iburanisha ry’ubushize ryabaye taliki ya 07/10/2025 Mukamutali Valérie yari yahaye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye ingwate y’agaciro ka miliyoni 60Frw ngo aburane adafunze, anatanga amazina y’abantu bazwi bashobora kumwishingira.
Mukamutali na Munyampundu Ubushinjacyaha bushinja icyaha cyo kunyereza umutungo wa Leta ungana na Miliyoni 15Frw, aturuka ku isoko rya Leta batanze badakurikije amategeko agenga amasoko, bahakana bakavuga ko isoko ryo gusana ibiro by’umurenge wa Kibangu n’utugari 6 babikoze bahawe amabwiriza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.
Asaba urukiko ko yarekurwa akajya kwita ku mwana we w’imyaka 12 usigaye mu rugo wenyine.
Ubushinjacyaha bukavuga ko usibye izo miliyoni 15Frw, Mukamutali ashinjwa kunyereza, hiyongeraho izindi miliyoni 7Frw ndetse n’izindi miliyoni 9Frw Ubushinjacyaha bushinja Munyampundu Védaste ko yagaragaye ubwo abegenzuzi b’Akarere bakoraga igenzura.
Munyampundu we ahakana avuga ko iryo genzura ryakozwe ari mu gihano cy’amezi atatu, bityo ko atahawe umwanya wo gusobanura aho impapuro zikubiyemo ayo mafaranga ziri ari mu bihano iwe mu rugo.
Mu iburanisha ry’ubushize kandi Mukamutali Valerie na Munyampundu bari bafite abavoka 5 barimo umunyamahanga (ukomoka muri Cameroun).
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *