skol

Hari gukorwa iki mu guhangana na Malaria yarwawe n’abarenga miliyoni mu 2025?

Yanditswe: Friday 16, Jan 2026

featured-image

Imibare ituruka mu nzego z’ubuzima mu Rwanda irerekana ibimenyetso ko indwara ya malaria yaba yarongeye kubura umutwe, nko mu mezi atatu ya nyuma ya 2025 abantu barenga ibihumbi 600 barayirwaye.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), yerekana ko muri Nzeri 2025, abantu 114, 804 basanzwemo Malaria, mu Kwakira baba 165, 854 mu gihe mu Gushyingo bari 162, 020.

Umukozi ushinzwe ubwirinzi mu Ishami rishinzwe kurwanya Malaria mu Kigo cy’Igihugu cy’ubuzima, Habanabakize Epaphrodite, mu kiganiro na Radio Rwanda yavuze ko kuva mu 2016-2017 kugeza mu 2023 byagaragaraga ko malaria iri kugabanuka aho abarwayi bari bagabanutseho hafi 95%.

Ati: “Ni ukuvuga kuva kuri miliyoni enye n’ibihumbi magana 800 kugera ku bihumbi 600 ku mwaka, byagaragara ko ari intambwe nziza.”

Akomeza agira ati: “Ariko kuva nko mu 2024 na 2025 imibare yagiye isa nkiyiyongera buhoro buhoro aho twagize abarwayi bava ku bihumbi 600 tugera ku bihumbi 800 mu mwaka umwe mu 2023-24, hanyuma mu 2025 twagize hafi abarwayi bagera kuri miliyoni imwe n’ibihumbi 100 mu gihugu hose.”

Yasobanuye ko iyo mibare itagaragaza ibimenyetso byiza mu kurwanya indwara, ko ariko indwara ya malaria igenda igira ibice bimwe yiyongeramo.

Inzego z’ubuzima mu Rwanda zigaragaza ko uturere twibasiwe na malaria turimo; Gisagara, Bugesera, Gasabo, Nyarugenge, Kicukiro , Nyagatare na Ngoma yinjiye mu bibasiwe kandi yarahoze ari Akarere kaza muri dutanu twa mbere tutibasirwa na Malaria.

Ni ibiki byatumye Malaria yubura umutwe?

Habanabakize ushinzwe ubwirinzi mu Ishami rishinzwe kurwanya Malaria muri RBC asobanura ko impamvu Malaria yiyongereye byatewe n’impamvu zirimo ubwiyongere bw’amazi adatemba uko yaba angana kose yaba yaretse mu gafuniko k’icupa aho abantu batuye.

Ati: “Bimwe mu bituma Malaria ishobora kwiyongera ni uko icyo twita ubworokere bw’umubu, aho dutuye bugenda bwiyongera. Ni ukuvuga ngo imvura iraguye cyangwa natwe hari ibyo dukoze bituma amazi adatemba hakaboneka aho umubu worokere mu ngo zacu.”
Yavuze ko ikindi cyateye ukwiyogera kwa Malaria ari ubwiyongere bw’ubushyuhe, ibituma imibu ikwirakwiza malaria yororoka cyane.

Ati: “Ikindi tubona kiri gutuma Malaria ishobora kwiyongera ni ibijyanye n’imyitwarire n’imigirire y’umubu. Umubu nawo wahinduye imyitwarire n’uburyo wari ubayeho urumana.”

Yasobanuye ko ku kigero cya 60% imibu isigaye iruma abantu ku manywa, batarajya mu nzu ahatewe imiti.

Yavuze ko hari hamwe byagaragaye ko imiti imwe ya malaria itakibasha kuvura abantu barwaye malaria bitewe no gutakaza ubudahangarwa bwayo.

Ati: “Muri rusange iyo umuti umaze igihe kirekire ukoreshwa, hari ‘microbe’ zigenda ziwumenyera ukaba wagabanukaho ubushobozi bwo kuvura.”

Ni ibiki biri gukorwa mu guhangana na malaria?

Habanabakize yavuze ko bimwe mu bintu biri gukorwa mu guhangana na malaria hazanwe imiti y’indi ivura iyo ndwara yo gufasha uwa ‘Coartem’ kugira ngo abatavuwe na ‘Coartem’ abe ariyo bakoresha.

Ati: “Ubu twazanye indi miti ibiri umwe witwa ‘DHAP’ n’undi bita ‘AS-PY’ na ‘Coartem’, ubu turayikoresha yose mu gihugu.”

Akomeza agira ati “Igihugu cyakibanyijemo ibice bitatu…Uyu mwaka igice by’uburasirazuba n’umujyi wa Kigali ubu turi gukoresha uwo bita ‘DHAP’, hanyuma mu majyepfo tugakoresha uwo bita ‘Coartem’, mu myaruguru n’uburegerazuba tugakoresha uwo bita ‘AS-PY’ ariko nyuma y’umwaka tuzahindura.”

Yavuze ko ibi bigamije gutuma iyi miti idakoreshwa ahantu hamwe igihe kirekire ibyatuma itakaza ubushobozi bwo kuvura.

Yavuze ko kandi abantu bakwiriye kongera bakikubita agashyi bakajya bakuraho ubworokere bw’imibu.

Ati: “Kurwanya ahantu hose hashobora kureka amazi akamara icyumweru. Iwanjye mu rugo, aho nkorera n’ahandi ari ho hose.”

Yavuze ko ibikorwa ari ukurwanya ko umubu waruma abantu kuko batawubuza kubaho, ko bityo abantu bakwiriye guhorana imyumvire yo kuryama mu nzitiramibu ndetse bakemera ko imiti yica imibi iterwa mu nzu zabo.

Habanabakize Epaphrodite yasobanuye ko kandi abantu bakwiriye kwivuza kare bagana abajyanama b’ubuzima kuko ubu bavura hejuru ya 50%.

Ati: “Abajyanama b’ubuzima baracyakora kandi bakora neza, barapima kandi bakavura.”

Yasabye abantu gukoresha uburyo butandukanye mu kwirinda malaria kandi bakabukoresha mu buryo bwiza.

Ati: “Buri muntu wese uruhare rwe arukore neza dufatanye kandi malaria izaranduka.”

Malaria iterwa n’agakoko ko mu bwoko bwa ‘plasmodium’ gakurira mu mibu y’ingore yitwa anofele “Anophel”.

Ibimenyetso biranga umurwayi wa malariya ni uguhinda umuriro, gutengurwa, kubira ibyuya, kurwara umutwe, kugira iseseme no kuruka. Ibyo bimenyetso bishobora kugaragara nyuma y’iminsi ibiri cyangwa itatu bitewe n’igihe umuntu yafatiwe.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ( OMS) rigaragaza ko Malaria ari imwe mu ndarwa izahaza benshi mu Isi cyane cyane munsi y’Ubutayu bwa Sahala ndetse no muri Amerika y’Epfo.

U Rwanda rwiyemeje ko mu 2030 nta Malaria izaba ikibarizwa mu Rwanda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa