skol

Kigali: Umugore yakubise Umugabo we bikomeye amukura amenyo abiri y’imbere

Yanditswe: Monday 17, Jul 2023

featured-image

Umugore witwa Ufitenyina Odira w’imyaka 26, yakubise Umugabo we witwa Nshimiyimana J Claude ufite imyaka 31 amukura amenyo abiri nyuma yo kugirana amakimbirane.
Ibi byaba kuri iki cyumweru tariki ya 16 Nyakanga 2023 mu Murenge wa Kigali Akagari ka Mwendo, Umudugudu w’ Isangano.
Amakuru avuga ko Uyu mugore Ufitenyina Odira nubwo yasezeranye na Nshimiyimana J Claude, ariko kubera amakimbirane ntabwo bari bakibana.
Ufitenyina Odira biracyekwa ko yakubise Umugabo we bimuviramo kuvamo (…)

Umugore witwa Ufitenyina Odira w’imyaka 26, yakubise Umugabo we witwa Nshimiyimana J Claude ufite imyaka 31 amukura amenyo abiri nyuma yo kugirana amakimbirane.

Ibi byaba kuri iki cyumweru tariki ya 16 Nyakanga 2023 mu Murenge wa Kigali Akagari ka Mwendo, Umudugudu w’ Isangano.

Amakuru avuga ko Uyu mugore Ufitenyina Odira nubwo yasezeranye na Nshimiyimana J Claude, ariko kubera amakimbirane ntabwo bari bakibana.

Ufitenyina Odira biracyekwa ko yakubise Umugabo we bimuviramo kuvamo amenyo abiri yohasi

Uyu mugabo yaje gusanga Umugore we aho yahungiye barashyamirana muri ubwo bushyamirane niho haturutse ko Odira akura J Claude amenyo abiri yohasi.

Nshimiyimana J Claude biracyekwa ko yakubiswe n’Umugore we akamukura amenyo abiri yohasi.

Uyu Odira yahise atabwa muriyombi aho yashyikirijwe RIB Statio ya Karama, aho agiye gukurikiranwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa, ni mugihe Umugabo we J Claude yahise ajyanwa kwa muganga.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa