Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare yarashe umusore ukekwaho ubujura, nyuma y’amasaha macye harashwe undi mu Karere ka Rubavu.
Amakuru dukesha Flash TV, avuga ko uyu musore warasiwe mu Karere ka Nyagatare, yarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022.
Uyu musore utaramenyekana imyirondoro akekwaho ubujura kuko bamufatanye televiziyo mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare.
Ubwo abapolisi bamuhagarikaga, uyu musore yinangiye ahubwo ashaka kwiruka ngo (…)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyagatare yarashe umusore ukekwaho ubujura, nyuma y’amasaha macye harashwe undi mu Karere ka Rubavu.
Amakuru dukesha Flash TV, avuga ko uyu musore warasiwe mu Karere ka Nyagatare, yarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022.
Uyu musore utaramenyekana imyirondoro akekwaho ubujura kuko bamufatanye televiziyo mu Kagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare.
Ubwo abapolisi bamuhagarikaga, uyu musore yinangiye ahubwo ashaka kwiruka ngo acike inzego, ari na bwo abapolisi bahitaga bamukurikiza isasu.
Uyu musore yarashwe nyuma y’amasaha macye harashwe undi mu Karere ka Rubavu, na we warashwe n’Abapolisi.
Uwarasiwe mu Karere ka Rubavu, yarasiwe mu Kagari ka Kivumu mu Murenge wa Gisenyi nyuma yuko Abapolisi bari ku burinzi basanze ibisambo biri kuniga umuturage biri kumwambura, bigahita byiruka ariko kimwe muri byo kigashaka gutera icyuma abapolisi, bagahita bakirasa.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *