RIB yafunze umukozi wa RSB yafashe yakira ruswa ya miliyoni 25 FRW
Yanditswe: Saturday 21, Oct 2023
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rwafatiye mu cyuho Valens Uwitonze, umukozi ushinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge bw’inganda muri Rwanda standards Board yakira ruswa ya 25,000,000 Frw kugirango atange icyangombwa kigaragaza ubuziranenge.
RIB ibinyujije kuri X yagaragaje uyu mukozi afashe iyo ruswa ashinjwa,yafatanwe kuri uyu wa Gatanu.
Uyu afungiye kuri Sitasiyo ya Kimihurura mu gihe dosiye ye irimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
RIB yavuze ko ishimira abantu bakomeje kwanga kwishora mu bikorwa bya ruswa ahubwo bagatanga amakuru atuma abasaba ruswa bafatwa bagashyikirizwa ubutabera.
Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *