skol

Ubwato bwarohamye mu Kivu umwe ahasiga ubuzima

Yanditswe: Tuesday 13, Dec 2016

Ubwato butwara abagenzi mu Kiyaga cya Kivu bwari buvuye mu Murenge wa Kagano bwerekeza mu wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke bwarohamye, buhitana umuntu umwe ariko birakekwa ko hari ababuriwe irengero.
Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka iba, babwiye IGIHE ko ubu bwato bwari butwaye abantu 18 bari bavuye mu isoko rya Rwesero, mu Murenge wa Kagano, maze buhura n’umuyaga mwinshi wari mu kiyaga mu gihe imvura yagwaga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri buhita bwiyubika mu Kivu.
Abari (…)

Ubwato butwara abagenzi mu Kiyaga cya Kivu bwari buvuye mu Murenge wa Kagano bwerekeza mu wa Nyabitekeri mu Karere ka Nyamasheke bwarohamye, buhitana umuntu umwe ariko birakekwa ko hari ababuriwe irengero.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka iba, babwiye IGIHE ko ubu bwato bwari butwaye abantu 18 bari bavuye mu isoko rya Rwesero, mu Murenge wa Kagano, maze buhura n’umuyaga mwinshi wari mu kiyaga mu gihe imvura yagwaga ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri buhita bwiyubika mu Kivu.

Abari mu itsinda ryarohoye aba bantu, batangaje ko babashije gukuramo abantu batanu bari bakiri bazima, undi mubyeyi witwa Gakuru Consolée wari utuye mu Kagari ka Ntango mu Murenge wa Nyabitekeri, wari unatwite akurwamo yitabye Imana, abandi kugera ubu ntibaraboneka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagano, Munyankindi Eloi yavuze ko batari bemenya neza umubare w’abari mu bwato uretse batandatu babashije gukurwamo, barimo batanu bari bakiri bazima n’umwe witabye Imana.

Batanu barohowe ari bazima bajyanywe ku Kigo Nderabuzima cya Muyange naho uwitabye Imana ajyanwa ku Bitaro bya Kibogora.

Kugeza ubu ubwato barimo na bwo bwaburiwe irengero.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa