Dore ibintu umusore yakora bigatuma buri mukobwa wese amwubaha
Yanditswe: Wednesday 13, Jul 2022
Buri Musore wese cyangwa umugabo aho ava akaagera akenera icyubahiro cy’umukobwa cyangwa se Umugore ariko rimwe na rimwe bakirengagiza ko kubona icyo cyubahiro aribo babigiramo uruhare, hari ibintu by’ingenzi buri mugabo wese ashobora gukora bigatuma buri mukobwa wese cyangwa umugore amwubaha
Bimwe mu bintu umusore ashobora gukora bigatuma buri mukobwa wese amwubaha:
1.Kwigirira ikizere
Abagore benshi banezezwa no kubona umugabo wihagazeho kandi wifitiye ikizere n’ubwo bamwe muri bo bigira nk’aho bitabafasheho.
Gukunda abagabo bigirira ikizere binaba muri kamere y’abagore kuko bazi ko abagabo nk’aba baboneka hake. Gusa ntukihingemo kwigirira ikizere ahubwo uge ureka bibe ibiri muri wowe ubwawe.
2.Kwambara neza
Iga kwambara neza kandi uberwe, ntukifate nk’aho utiyitayeho. Ntukabereho gushimisha cyangwa kunezeza. Kwambara neza si ukwambara ibihenze gusa ahubwo kumesa imyenda yawe, iterwa ipasi ukayitera kandi ntiwambare nk’abasore b’inkundarubyino byatuma abakobwa bataguca amazi.
3.Guhorana ibyishimo
Ukwiye guhora burigihe umwenyura kabone n’ubwo ubuzima ubamo bwaba butabikwemerera, ntugakomeze ibintu. Abantu bishimye kandi basetsa usanga banakurura abandi bagahora bashaka kubegera. Niba uhuye n’umkobwa cyangwa umugore bwambere, muganirize utuntu dusekeje kandi wifitiye ikizere ariko wirinde kubigira birebire
4.Ibitekerezo byagutse
Abagabo bamwe usanga batinya kurwana intambara yo kwigarurira umugore nyamara iyo umaze kwigarurira umutima w’umugore nta n’ikindi utabasha kwigarurira. Ntu gakererezwe no kwibaza ngo ese ubu ndamubwira iki kuko bizaguca intege bitume unatinya. Gerageza kwegera abagore muganire ndetse hari n’ubwo bamwe usanga bakwitwara ho nabi, ibyo ntibikakubuze gukomeza buke buke uzagera k’uwo ushaka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *