Ahazabera ubukwe bwa Cristiano Ronaldo na Georgina Rodríguez hamenyekanye
Yanditswe: Tuesday 25, Nov 2025
Ubukwe bwa rutahizamu Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Georgina Rodríguez, bushobora kubera ku kirwa cya Madeira mu mpeshyi y’umwaka utaha.
Ikinyamakuru Jornal da Madeira cyatangaje ko Ronaldo na Georgina bazasezerana nyuma y’Igikombe cy’Isi cya 2026 muri kiliziya ya Cathédrale Notre-Dame-de-l’Assomption de Funchal, mu gihe baziyakiriye muri hoteli iri aho hafi.
Ahazabera ubukwe ni mu bilometero 2,5 uvuye ku bitaro byo muri uwo mujyi aho Cristiano Ronaldo yavukiye, ndetse ni hafi mu bilometero bitanu uvuye ahakorera ikipe yakuriyemo ya Nacional da Madeira.
Muri Kanama ni bwo Ronaldo na Georgina bemeje ko bemeranyije kubana nk’umugabo n’umugore nyuma y’imyaka isaga icyenda bari kumwe.
Uyu mukinnyi w’imyaka 40 aheruka kuvuga ko adakunda kugaragaza amarangamutima ye mu bijyanye n’urukundo nubwo yaguriye umugore we impeta ya miliyoni 1,5 y’Amapawundi (miliyari 2,8 Frw).
Ronaldo afite abana batanu aho babiri muri bo, Alana Martin na Bella Esmeralda, yababyaranye na Georgina.
Bivugwa ko uyu Munya-Portugal n’uyu mugore umurika imideli wo muri Argentine, bahuye mu 2016 ubwo Ronaldo yakiniraga Real Madrid yo muri Espagne.
Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Georgina Rodríguez bagiye gukora ubukwe nyuma y’imyaka icyenda babana
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *