APR WBBC yisubije umudali w’umuringa mu mikino nyafurika
Yanditswe: Monday 15, Dec 2025
Ikipe ya APR WBBC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya ‘FIBA Africa Women’s Basketball League yisubije umudali w’umuringa nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 90-84 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, hitabajwe iminota itanu y’inyongera.
mukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Ukuboza 2025 i Cairo mu Misiri muri Prince Abdallah Al Faisal Sports Hall aho iri rushanwa rimaze iminsi ribera.
Ni Umukino watangiye wihuta ku mpande zombi abarimo Yacine Diop na Mame Khoudia Fall batsinda ku mpande zombi. Agace ka mbere karangiye ASC Ville Dakar yatsinze APR WBBC amanota 26-24.
Mu gace ka kabiri, amakipe yombi yatangiye agendana mu gutsindana amanota nta kipe ishyiramo ikinyuranyo kinini.
Mu minota itatu ya nyuma, ASC Ville de Dakar yongereye ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo na Julie Dacosta na Couna Ndao batsindaga cyane.
Aka gace iyi kipe yagatsinzemo amanota 22 kuri 18 ya APR WBBC, isoza Igice cya mbere ikomeje kuyobora umukino n’amanota 48-42.
Mu gace ka gatatu, Ikipe y’ingabo yagarukanye imbaraga zikomeye itangira kunganya ikinyuranyo ibifashijwemo na Destiney Promise Philoxy na Assouma Uwizeye batsinda amanota menshi ndetse banganya amanota (61-61).
Mu minota ibiri ya nyuma, Ndoumbe
Mbodj na Aminata Ndong batsindiye amanota ASC Ville de Dakar yongera ikinyuranyo.
Aka gace, Ikipe y’Ingabo yagatsinzemo amanota 26 kuri 21 ariko ASC Ville Dakar iyobora umukino n’amanota 69-68.
Mu gace ka nyuma, APR WBBC yakomeje kongera ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo Destiney Promise Philoxy ndetse iyobora umukino n’amanota 76-72.
Iminota itatu ya nyuma, ASC Ville de Dakar yongereye kugaruka igabanya ikinyuranyo binyuze muri Julie Dacosta na Diouma Berthez ndetse hasigaramo inota rimwe (84-83).
Habura amasegonda 11 Kierstan Bell wa APR WBBC yakoreye ikosa Aliyah Matharu atsinda inota rimwe kuri ‘lancer franc’ yahawe.
Iyo ‘lancer franc’ yatumye amakipe yombi anganya amanota (84-84), hashyirwaho iminota itanu y’inyongera [OT].
Iyo minota yihariwe na APR WBBC ibifashijwemo na Destiney Promise Philoxy watsinze amanota menshi yongereye ikinyuranyo.
Umukino warangiye APR WBBC yatsinze ASC Ville de Dakar amanota 90-84, yisubiza umudali w’umuringa yaherukaga kwegukana mu 2024.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *