skol
fortebet

Donald Trump: "Iran inshaka mbere y’abandi, ariko sintewe ubwoba"

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Thursday 09, Jul 2026

Donald Trump: "Iran inshaka mbere y'abandi, ariko sintewe ubwoba"

Sponsored Ad

skol

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko inzego z’ubutegetsi bwa Iran zimufata nk’umwe mu bantu zifuza kugirira nabi kurusha abandi, ariko avuga ko ibyo bitazamuca intege mu nshingano ze zo kuyobora igihugu.

Ibi yabitangaje ubwo yari i Ankara muri Turikiya, nyuma y’inama yahuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma zigize Umuryango wa OTAN (NATO), aho yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru.

Trump yavuze ko Amerika ifite ubushobozi bukomeye mu bya gisirikare, anashimangira ko ibikorwa byayo byasize Iran ihuye n’igihombo gikomeye. Yongeyeho ko abayobozi batandukanye b’icyo gihugu bagiye basimburana mu bihe bya vuba, avuga ko n’abariho ubu na bo bashobora kutamara igihe.

Mu magambo ye, yavuze ko yumva ari umwe mu bantu Iran yifuza gukuraho mbere na mbere, ariko agaragaza ko adatewe ubwoba kuko yizera ko ari gukora ibikwiye mu nyungu z’Abanyamerika ndetse n’umutekano mpuzamahanga.

Abajijwe niba azakoresha indege isanzwe ya Air Force One mu rugendo rwe rwo kuva muri Turikiya, aho gukoresha indi ndege nshya Qatar yahaye Amerika, Trump ntiyasubije icyo kibazo mu buryo butaziguye. Ahubwo yavuze ko ubuzima bw’umukuru w’igihugu busanzwe burangwa n’ibyago byinshi.

Yagereranyije ingorane Perezida ashobora guhura na zo n’iziba ku batwara imodoka z’amasiganwa, avuga ko uwo mwanya usaba kwemera guhura n’ingaruka zitandukanye. Yanavuze ko iyo aza kuba yaramenye neza urugero rw’izo ngaruka mbere, bishoboka ko atari kwiyamamaza.

Nubwo yemera ko hari iterabwoba rimwugarije, Trump yavuze ko atazareka gukora inshingano ze. Mu gusoza, yateye urwenya avuga ko yahitamo kuba uwa mbere ku rubuga rwa TikTok aho kuba uwa mbere ku rutonde rw’abantu bashobora kwicwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *