Francis Zahabu nyuma y’igihe kinini atagaragara muri Cinema , agiye gukina muri City Maid
Yanditswe: Friday 28, May 2021
Nyuma y’imyaka myinshi atagaragara muri filime iyo ariyo yose, Francis Iraguha benshi bamenye nka Francis Zahabu yamaze kwinjira mu rutonde rw’abakinnyi ba City Maid
Francis Zahabu yamenyekanye muri Filime zuruhererekane :Inzozi, Ikigeragezo cy’ubuzima, n’izindi zinyuranye.
Mumakuru dukesha Igihe yaganiriye n’umukuru wa City maid Misago Wilson uri mu yatanagje ko uduce Francis Zahabu azagaragaramo twamaze gufatwa amashusho hasigaye kudutambutsa kuri televiziyo.
Uyu mugabo wishimiye kuba agiye kongera kugaragara muri sinema nyarwanda, yavuze ko atari filime gusa kuko agiye no kongera gufungura ubucuruzi bw’imyenda yihangira.
Francis Zahabu ni umwe mu bahanzi b’imideli bubatse izina muri uru ruganda binyuze mu myenda yise Francis Zahabu Fashions.
Ati “Mu minsi mike muramenya ibijyanye n’imideli yanjye mishya. Ngiye kongera gushyira imbaraga mu byo guhanga imideli yanjye izwi nka Francis Zahabu Fashions.”
Uyu mugabo ari mu ba mbere batangiye gusobanukirwa ibijyanye na Made in Rwanda, umwenda we wa mbere yakoze wanditseho iki kirango yawusohoye mu 2009.

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *