skol

Gakwaya, Kalimpinya na Miss Aurore mu bitezwe muri ‘Huye Rally 2025’

Yanditswe: Wednesday 22, Oct 2025

featured-image

Imodoka 19 zirimo iz’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda zitezwe mu isiganwa rya Huye Rally rizabera i Huye na Gisagara mu mpera z’icyumweru, hagati ya tariki ya 24 n’iya 26 Ukwakira 2025.

Iri siganwa rizaba ari irya gatatu ku ngengabihe ya Shampiyona y’u Rwanda y’umukino wo gusiganwa mu modoka muri uyu mwaka wa 2025.

Huye Rally igamije kwibuka no guha icyubahiro Gakwaya Claude wakinaga amasiganwa y’imodoka, witabye Imana mu 1986 azize impanuka.

Imodoka 19 zirimo iz’Abanyarwanda n’iz’Abanya-Uganda ni zo zizakina iri rushanwa rizamara iminsi itatu ribera mu Karere ka Huye no mu Karere ka Gisagara.

Abanyarwanda Gakwaya Jean Claude na Mugabo Claude begukanye “Huye Rally” mu 2024, bitezwe muri iri siganwa ndetse bazahangana n’abandi barimo Kalimpinya Queen ukinana na Ngabo Olivier, babaye aba gatatu mu mwaka ushize.

Hitezwe kandi abandi bapilote bo mu Rwanda basanzwe bakina uyu mukino barimo Gakwaya Eric uzakinana Miss Kayibanda Aurore na Kanangire Christian ukinana na Mujiji Kevin.

Mu Banya-Uganda bitezwe uyu mwaka harimo Joshua Muwanguzi, Issac Sozi na Faisal Kayira.

Huye Rally y’uyu mwaka izatangira ku wa Gatanu, tariki ya 24 Ukwakira, hakinwa agace ko kureba uko abasiganwa bahagaze, kazabera mu Mujyi wa Huye hagati ya saa Mbiri na saa Yine z’ijoro.

Bukeye bwaho, ku wa Gatandatu, abasiganwa bazakora isiganwa nyaryo aho bazakina uduce dutandukanye mu mihanda ya Gisagara na Huye.

Ku Cyumweru, tariki ya 26 Ukwakira 2025, hazakinwa utundi duce dusoza isiganwa.

Imodoka 19 zirimo iz’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda zitezwe muri ‘Huye Rally 2025’

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa