skol

Hari abazishyura miliyoni! Gusangira na nyina wa Lamine Yamal byagizwe ubucuruzi

Yanditswe: Thursday 02, Oct 2025

featured-image

Gusangira na nyina w’umukinnyi wa FC Barcelona, Lamine Yamal, byagizwe ubucuruzi binashyirirwaho igiciro aho itike ya macye ari ibihumbi 250 by’amafaranga y’u Rwanda.

Ni mu musangiro uzaba tariki ya 7 Ugushyingo 2025 ukabera kuri Nobu Hotel London Portman Square mu Bwongereza.

Uyu musangiro wateguwe na kompanyi yitwa JEN C Events uzaba urimo umuziki ndetse no gusangira na Sheila Ebana usanzwe ari nyina wa Lamine Yamal ukinira FC Barcelona n’ikipe y’igihugu ya Espagne.

Kwinjira muri uyu musangiro bizaba biri mu byiciro bitatu aho hari icyiciro cyo kwishyurwa arenga ibihumbi 255 Frw, icyiciro cya kabiri akaba ari ukwishyura arenga ibihumbi 680 Frw naho muri VIP wishyura arenga Miliyoni 1 Frw.

Muri ibi birori hazaba harimo abantu 400 aho nta mwana uri munsi y’imyaka 18 wemerewe kubyitabira. Muri ibi birori ariko ntabwo Lamine Yamal we aza ahari dore ko ikipe ye ya FC Barcelona izaba irimo irakina na Celta Vigo.

Hatangajwe ibiciro ku bifuza gusangira n’umubyeyi wa Lamine Yamal

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa