Ibyo kwa Weasel Manizo na Teta Sandra byongeye kudogera
Yanditswe: Tuesday 23, Sep 2025
Nyuma y’iminsi micye biyunze, umuhanzi Weasel Manizo yongeye kugaragara mu mashusho atakamba asaba ubufasha, aho yashinjaga umugore we Sandra Teta kumufata nabi no kumutererana kuva yavunika ukuguru.
Nk’uko byumvikana mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 22 Nzeri 2025, Weasel yumvikana asaba ko Teta yamuvira mu rugo, ndetse anavuga ko atigeze amwitaho na rimwe kuva yamugonga n’imodoka akamuvuna ukuguru.
Ikinyamakuru Galaxy FM cyo muri Uganda cyasohoye andi majwi yumvikanisha Weasel asakuza cyane, asaba ko bamukiza Teta Sandra. Mu ijwi ryumvikana mu mashusho, uyu muhanzi aratakamba cyane avuga ko Sandra yaramutereranye.
Ku rundi ruhande, Sandra we yumvikana abaza abari bahagurukiye kubakiza icyo yaba yarakoze Weasel, aho yumvikanye agira ati: “Namutwaye iki?”
Abantu baracyari mu rujijo bibaza icyaba cyateye aya makimbirane, gusa mu mashusho hagaragaramo umukozi wabo ari we ubakiza ubwo bari batangiye gushyamirana, intambara yongeye kurota.
Si ubwa mbere uyu muryango ukozanyaho. Guhera mu gihe Teta Sandra yatangiye gukundana na Weasel, amakimbirane yabo ntiyigeze atinda kugaragara. Mu 2022, Teta yigeze guhungira i Kigali ari kumwe n’abana be, nyuma y’ihohotera yashinjaga Weasel.
Muri Mata 2023, Weasel wari wumvikanye nk’uwigaye kuba Teta yarigendeye akamuta, yasabye imbabazi ku mugaragaro, maze Sandra aramubabarira agaruka i Kampala aho bongeye kubana nk’umuryango.
Sandra Teta na Weasel barwanye karahava bakizwa n’umukozi
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *