skol

Jennifer Lopez yahishuye ko yungukiye mu gutandukana na Ben Affleck

Yanditswe: Tuesday 30, Sep 2025

featured-image

Umuririmbyi akaba n’umukinnyi wa filime, Jennifer Lopez, yavuze ko gutandukana na Ben Affleck wahoze ari umugabo we, byamugiriye akamaro gakomeye mu buzima bwe.

Mu kiganiro yagiranye na CBS News, Lopez yagize ati “Ni ikintu cyiza cyabaye mu buzima bwanjye kuko cyampinduye. Cyamfashije gukura mu buryo nari nkeneye ndetse no guhinduka umuntu wiyitaho. Ndi umuntu utandukanye n’uwo nari mu mwaka ushize.”

Lopez na Affleck bahuye bwa mbere mu 2002, barakundana ariko baza gutandukana mu 2004. Nyuma buri wese yakomeje ubuzima bwe Lopez yashakanye na Marc Anthony, babyarana impanga Max na Emme, mu gihe Affleck yashakanye na Jennifer Garner, babyarana Violet, Seraphina na Samuel.

Mu 2021 bombi bongeye gusubukura urukundo, mu 2022 barashyingiranwa mu muhango wabereye i Las Vegas ndetse bakora n’undi mu birori byabereye muri Georgia. Nyuma y’imyaka ibiri, mu 2024 Lopez yasabye gatanya, avuga ko batari bagifite umugambi umwe mu rugo rwabo.

Jennifer Lopez na Ben Affleck babanye imyaka ibiri baza gutandukana

Jennifer Lopez na Ben Affleck batandukanye nyuma yo kudahuza kwabayeho hagati yabo

Jennifer Lopez yahishuye ko gutandukana na Ben Affleck byamubereye inzira yo gukura

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa