skol

Katy Perry ari mu rukundo ruryoshye na Justin Trudeau wayoboye Canada

Yanditswe: Monday 08, Dec 2025

featured-image

Urukundo rugeze aharyoshye hagati ya Katy Perry uri mu bahanzi bakomeye ku Isi ndetse na Justin Trudeau wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada, baherutse kugaragara bari kumwe mu Buyapani.

Perry na Trudeau bagaragaye mu ifoto n’amashusho uyu muhanzi yasangije abamukurikira ubona ko bahuje urugwiro banasangira ibiryo byo mu Buyapani.

Mu mpera z’iki cyumweru turangije nicbwo Katy Perry yasangije abamukurikira amafoto yo kwishimira ibihe yagiriye mu Buyapani aho yari yagiye mu bitaramo ari gukora bizenguruka Isi yise ‘Global Lifetimes Tour’.

Mu mafoto yasangije abamukurikira harimo iyo ari kumwe na Trudeau ibyatumye benshi bashimangira ibyari bimaze igihe bivugwa ko baba bari mu rukundo bagize ibanga.

Nubwo ariko Perry ari we wasangije abamukurikira amafoto ari kumwe na Trudeau, amakuru y’umubano wabo yahishuwe na Fumio Kishida wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, ubwo yasangizaga abamukurikira amafoto ari kumwe na Trudeau ndetse na Perry bari bamusuye.

Mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga yagaragaje ko we n’umugore we bishimiye kwakira Trudeau n’umukunzi we Katy Perry.

Ati: "Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada Justin Trudeau yasuye u Buyapani ari kumwe n’umukunzi we Katy Perry tunagira amahirwe yo gusangira ifunguro rya Saa Sita ndi kumwe n’umugore wanjye."

Ni ubutumwa burebure Trudeau yasubije agaragaza ko we na Katy Perry na bo bishimiye gusura u Buyapani ndetse banyuzwe n’uko bakiriwe.

Justin Trudeau yagiranye ibihe byiza na Katy Perry mu Buyapani

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa