Mu mafoto atandukanye Rihanna na Asap bagaragaye bari ku ivuko rya Rihanna(AMAFOTO)
Yanditswe: Wednesday 20, Apr 2022
Umuhanzikazi akaba n’umunyamideli Rihanna yongeye kugaragara ari kumwe n’umukunzi we Asap Rocky bimaze iminsi bivugwa ko batandukanye ariko bikaza kugaragara ko ayo makuru yari ibihuha bongeye kugaragara bari kumwe muri Barbados aho Rihanna avuka.
Aba bombi mu gihe bitegura kwibaruka imfura yabo bagaragaye mu mafoto atandukanye basa b’abari mu biruhuko Barbados nyuma y’inkuru yatambutse ivuga ko aba batandukanye nubwo muri bo ntawigeze agira icyo abivugaho mu mafoto bashyira hanze agaragaza ko umubano wabo ukomeje kandi bakundanye.
Aba bombi bagaragaye bari kumazi Rihanna yambaye Bikini igaragaza inda mu gihe umugabo we yari mu bwato.
Kuva Rihanna yatwita ntiyegeze ahwema gusangiza abamukurikira amafoto ye umunsi kuwundi ari mu myambarire itarigeze ivugwaho rumwe n’abamukurira.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *