skol

Mukura VS igiye kugura umunyezamu w’Umunya-Sénégal

Yanditswe: Wednesday 27, Aug 2025

featured-image

Ikipe ya Mukura VS yumvikanye n’umunyezamu w’Umunya- Sénégal, Marc Philips Arona Diouf, uri gukina irushanwa rya CHAN 2024.

Iyi kipe yo mu Karere ka Huye iri gushaka uburyo yongera imbaraga mu izamu ryayo nyuma y’uko Umunya-Uganda, Nicolas Sebwato, atarongera amasezerano kugeza ubu.

Sebwato akomeje kuvugwa kandi muri APR FC, aho ashobora kuyerekezamo nyuma y’uko iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu igaragaje icyuho mu izamu mu mikino ya gicuti iheruka gukina.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko umunyezamu Marc Philips Arona Diouf yamaze kumvikana na Mukura VS ndetse ategerejwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu.

Marc Diouf yari mu izamu rya Sénégal yatsinzwe na Maroc kuri penaliti ku wa Kabiri, ikabura amahirwe yo kugera ku mukino wa nyuma wa CHAN 2024.

Muri iri rushanwa riri kubera muri Afurika y’Iburasirazuba, uyu munyezamu amaze gukina imikino itanu, yinjizwa ibitego bibiri gusa, ku mukino wa Congo Brazzaville n’uwa Maroc.

Umunyezamu Marc Philips Arona Diouf ategerejwe muri Mukura VS

Marc Arona Diouf ari mu banyezamu bari kwitwara neza muri CHAN 2024

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa