skol
fortebet

The Ben yajugunyiwe isutiye ku rubyiniro i Kampala

Yanditswe: Monday 19, May 2025

featured-image

Sponsored Ad

The Ben yatunguwe n’umwe mu bafana be wamujugunyiye isutiye ari ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye i Kampala ku wa Gatandatu tariki 17 Gicurasi 2025.

Sponsored Ad

Ni igitaramo uyu muhanzi yahuriyemo n’abandi batandukanye barimo abo muri Uganda nka Karole Kasita, Warafik Muzik, Rema Namakula ndetse n’Abanyarwanda nka Kevin Kade na Element. Mu gihe DJ Flix ari we wamuvangiye umuziki.

The Ben yajugunyiwe iyi sutiye ubwo yari ari ku rubyiniro wenyine, ari kuririmba indirimbo yahimbiye umugore we, Uwicyeza Pamella yise “True Love”.

Mu mashusho yagiye hanze, agaragaza uyu muhanzi ari kuririmba, mu buryo butunguranye isutiye y’umutuku ikamunyura hejuru, iturutse ku ruhande rumwe mu rwo abafana be bari bamukikije ari kuririmba bari barimo.

Uyu muhanzi ntabwo yigeze anyura hejuru y’iyi sutiye cyangwa se ngo abe yayitera umugeri ahubwo yayibererekeye, arakomeza araririmba nk’aho nta cyabaye.

Abahanzi bakunze gukorerwa ibintu bitangaje iyo bari ku rubyiniro. Mu 2022 Umunya-Nigeria, Ruger, we yatunguwe n’umufana wamukuruye igitsina ari ku rubyiniro. Uyu muhanzi icyo gihe yagaragaje uburakari ariko nyuma akomeza kuririmba.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa