skol

TikTok ishobora kugurwa n’Umunyamerika mu byumweru bibiri

Yanditswe: Monday 30, Jun 2025

featured-image

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko hari itsinda ry’abashoramari ryiteguye kugura urubuga rwa TikTok, akaba azabatangaza neza mu byumweru bibiri biri imbere.

Ibi yabitangaje mu kiganiro aheruka kugirana na Fox News, aho yavuze ko hari abashoramari batandukanye kandi b’abaherwe biteguye kugura uru rubuga mu gihe gito.

Yagize ati "Hari itsinda ry’abashoramari biteguye kugura urubuga rwa TikTok kandi rwose ni mu byumweru bibiri biri imbere gusa."

Kugurwa kwa TikTok bizemezwa na Guverinoma y’u Bushinwa, ariko Trump yabwiye iki kinyamakuru ko atekereza ko Perezida w’u Bushinwa, Xi Jinping azabyemera nta kabuza.

Muri uku kwezi, Trump yongeye gutangaza ko TikTok izakomeza gukora nibura amezi atatu muri Amerika aho yavuze ko ateganya kongera igihe ntarengwa cyo kuyigurisha cyangwa kuyihagarika.

TikTok yagombaga guhagarikwa muri Amerika nyuma y’uko Sosiyete iyigenzura yo mu Bushinwa, ByteDance, yanze kuyigurisha ku Munyamerika mbere y’itariki ntarengwa, hari muri Mutarama.

Trump ashinja TikTok ikoreshwa n’Abanyamerika barenga miliyoni 170 ko ishobora gukoreshwa n’u Bushinwa nk’igikoresho cy’ubutasi na politiki, aho ishobora gukoreshwa mu kubangamira inyungu za Amerika, nubwo ibyo avuga bihakanwa na ByteDance ndetse na Leta y’u Bushinwa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa