skol
fortebet

Tiwa Savage arashinja abagabo ubugwari mu rukundo

author-image

Yanditswe na: ISHIMWE Jean de Dieu
Kuwa: Saturday 03, May 2025

Tiwa Savage arashinja abagabo ubugwari mu rukundo

Sponsored Ad

skol

Umuhanzikazi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Tiwa Savage yatangaje amagambo yavugishije benshi ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gutanga igitekerezo cye ku bagabo b’Abanya-Nijeriya mu kiganiro Thoughts in a Culli cy’urusobe rwa GRM Daily.

Tiwa Savage, uzwiho kugira uburere butuma adatangaza cyane ibyiyumvo bye, yavuze ko nubwo abagabo b’Abanya-Nijeriya bafite uburyo bwo kwambara bugezweho kandi bakagira umutima wo gutanga, ngo ntabwo bakunda kugaragaza urukundo mu buryo bwimbitse.

Yagize ati: “Abagabo b’Abanya-Nijeriya bamenya kwambara neza kandi bagakoresha amafaranga menshi, ariko sinshaka ibyo gusa. Si abantu b’amarangamutima nyayo.”

Uyu muhanzikazi wamenyekanye mu ndirimbo Somebody’s Son yongeyeho ko nubwo abagabo b’Abanya-Nijeriya baba batanga, we ashaka kurushaho kubona umuntu ufite urukundo rwimbitse n’ubushobozi bwo kumwereka amarangamutima atari ukurata umutungo gusa.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa