Umuhanzikazi w’icyamamare muri Afrobeats, Tiwa Savage, yatangaje ko afite inyota yo kongera kubyara kugira ngo agire abana b’abahungu barenze umwe, agaragaza ko yahagaritse gahunda yo kubika intanga ze kuko ubu yiteguye kwagura umuryango we.
Mu kiganiro aherutse kugirana n’umunyamakuru w’Umunyamerika Joe Budden, Tiwa Savage w’imyaka 45 y’amavuko, yavuze ko yigeze gukoresha uburyo bwo kubika intanga kugira ngo yongere amahirwe yo kuzabyara nyuma, ariko ubu yahisemo kubyinjiramo mu buryo butaziguye.
Yagize ati: “Ndashaka kugira abana benshi, cyane cyane abahungu. Nigeze kubika intanga kugira ngo nzabashe kubyara mu gihe kizaza. Nk’uko nabivuze, sindi muto, ni yo mpamvu ntekereza ku myaka yanjye no kugumana intanga zifite ubuzima bwiza.”
Tiwa Savage yatangiye umuziki we nk’umuhanzi ufasha ibindi bihangange by’isi nka George Michael na Mary J. Blige, nyuma aza kugaruka muri Nigeria ari ho yatangiriye kwiyubaka nk’umuhanzi wigenga. Mu ntangiriro za 2010 yazamukanye indirimbo zakunzwe cyane nka Kele Kele Love na Eminado, zimufasha kwiyubaka nka rimwe mu majwi akomeye y’abagore muri Afrobeats.
Uretse ubuhanga bwe mu muziki, Tiwa Savage akunze kugaragaza umuco wo kuba inyangamugayo mu gusangiza abakunzi be ubuzima bwe bwite, harimo n’ubunararibonye bwe nk’umubyeyi urera umwana wenyine.
Tiwa Savage arifuza kubyara abandi bana biganjemo abahungu
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *