skol

Tiwa Savage yahishuye uko yatswe ruswa y’igitsina

Yanditswe: Thursday 20, Nov 2025

featured-image

Umuhanzikazi w’umunya Nigeria Tiwa Savage, yagaragaraje ruswa y’igitsinda nk’imbogamizi ikomeye ku bahanzikazi ibadindiriza ibikorwa by’umwihariko muri Nigeria, ahishura ko na we yayatswe abyanze abura akazi.

Ni ibintu bikunze kugarukwaho mu myidagaduro yo muri icyo gihugu haba mu bakinnyi ba Filime cyangwa abanyamuziki n’ahandi.

Ubwo yari mu kiganiro n’ikinyamakuru kitwa Entertainment Week Africa, Savage yagaragaje ko hari amahirwe aherutse gutakaza yo gukorana n’imwe muri kompanyi kubera gusabwa kuryamana n’umuyobozi wayo we akabyanga.

Yagize ati: “Bambwiye ko niba ntagiye kubonana n’umuyobozi ‘Chairman’ ubwe ntazashyirwa ku rutonde rw’abazaririmba, kandi ko ntasinya amasezerano nk’umuhanzi uzakorana na bo, kuko nanze kujyana i Dubai n’umugabo uri mu buyobozi bw’iyo kompanyi twagombaga gukorana.”

Savage avuga ko yababajwe n’uko impano n’ubushobozi bye byateshejwe agaciro ahubwo bakabona ko umubiri we ari we ukwiye kumuhesha byose.

Ati: “Nagowe no kumva uburyo umubiri wanjye ari wo wagaragaraga cyane mbere yo kwizera impano n’ubushobozi bw’ibindimo ari na byo byari bikenewe birababaza cyane.”

Si ubwa mbere uyu muhanzikazi agaragaraje ko muri Nigeria abahanzikazi bahura n’icyo kibazo ku buryo mu Ukwakira 2024, yigeze kuvuga ko mu muziki wa Nigeria hari abantu bakora ibyaha bisa neza nk’ibyo P’Diddy akurikiranyweho birimo ihohotera rishingiye ku gitsina.

Kwanga kuryamana n’umuyobozi wa kompanyi byatumye Tiwa Savage atakaza amahirwe yo gukorana na yo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa