skol

Urukundo rukomeje gutamaza Katy Perry na Justin Trudeau wayoboye Canada

Yanditswe: Sunday 12, Oct 2025

featured-image

Hakomeje kunugwanugwa urukundo n’umubano udasanzwe hagati y’umuririmbyi w’icyamamare, Katy Perry n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau, nyuma y’uko amafoto yabo mashya agaragaye basomana bari mu bwato hafi y’i California.

Aya mafoto yashyizwe hanze n’ikinyamakuru Daily Mail ku wa Gatandatu tariki 11 Ukwakira 2025, agaragaza Perry w’imyaka 40 yambaye umwenda wo kogana w’umukara, yegamye ku rutugu rwa Trudeau w’imyaka 53 wari yambaye ipantaro y’ikoboyi n’amadarubindi. Bombi bari bari mu bwato bwa Perry hafi y’inkengero za Santa Barbara.

Mukerarugendo wari muri aka gace ni we wafashe ayo mafoto agaragaza Trudeau yishimanye na Perry ndetse basomana, ibintu byemeje ko koko bashobora kuba bari mu rukundo.

Iby’urukundo rwabo byatangiye guhwihwiswa mu mpeshyi ya 2024 ubwo bombi babonwaga basangira ifunguro mu kabari kazwi muri Montreal, nk’uko byatangajwe bwa mbere na TMZ. Nyuma yaho, Perry na Trudeau bongeye kugaragara basangira ku kabari kari ku muhanda wa Parc Avenue.

Hashize iminsi mike, Trudeau yongeye kugaragara ari mu bafana bitabiriye igitaramo cya Katy Perry cyabereye muri Montreal, ubwo yari mu ruzinduko rwo kwamamaza album ye nshya yise “143.”

Nubwo amafoto yabo akomeje guca ibintu ku mbuga nkoranyambaga, nta n’umwe muri bo uragira icyo atangaza ku bijyanye n’uko ibintu bihagaze hagati yabo.

Trudeau yatandukanye n’umugore we, Sophie Grégoire mu mpeshyi ya 2023 nyuma y’imyaka 18 babana, bakaba bafitanye abana batatu. Yaje no kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe wa Canada muri Werurwe 2024.

Katy Perry na we aherutse gutandukana n’umukunzi we w’igihe kirekire, umukinnyi wa filime Orlando Bloom, bari bamaranye imyaka irindwi, bafitanye umwana w’umukobwa umwe.

Urukundo rugeze aharyoshye kwa Katy Perry ba Justin Trudeau

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa