skol
fortebet

Vestine na Dorcas basohoye indirimbo Nshya yuzuyemo ubutumwa bwiza nyuma yo gusubira muri MIE[VIDEO]

Yanditswe: Thursday 26, Aug 2021

featured-image

Sponsored Ad

Nyuma y’imvururu nyinshi zagaragaye mu mikoranire ya Vestine na Dorcas na MIE basohoye indirimbo nshya nziza cyane bise ’Ibuye’ isubizamo abantu ukwizera, ikaba ishingiye ku nkuru yo muri Bibiliya ya Dawidi uburyo yishe Goliyati kandi yari umugabo usuzuguritse imbere y’uyu mugabo watitizaga amahanga.

Sponsored Ad

Aba bana basohoye iyi ndirimbo “Ibuye” nyuma ya Adonai imaze kurebwa n’abarenga miliyoni kuri youtube ya MIE Empire yakunzwe n’abatari bake kuva ikimara gusohoka kuko ukwezi kumwe imaze isohotse imaze gutangwaho ibitekerezo birenga 1900.


Umuvugizi wa MIE , Irene Murindahabi maze Iminsi ateguza abantu batandukanye kwifata amashusho bari kubyina igisirimba bashaka mu bukangurambaga yashyiraga ku mbuga nkoranyambaga ze yise ’Ibuye’ ntihagire umenya ibyo yari yashatse gusobanura.

Vestine na Dorcas hamwe n’umujyanama wabo Irene Murindahabi bakimara gushyira umukono ku masezerano

MIE Empire ya Irene Murindahabi niyo yafashije aba bahanzi kazi bakora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana kuva bagitangira kugeza abanyarwanda babamenye mu ndirimbo zakunzwe zirimo nka Nahawe Ijambo, Papa n’izindi, ubu bakaba ari bamwe mu bahanzi bakora indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bakunzwe cyane.

Iyimvire aka karirimbo keza

Ibitekerezo

  • DOLOKASI ARATWITEPE BIRAGARAGARA!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa