Warakoze kungira uwo ndiwe! Tijara yashimiye uwamuhaye icyerekezo cy’ubuzima
Yanditswe: Monday 20, Jun 2022
Dada Kabendera wamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru yashimiye umubyeyi we watumye aba uwo ariwe uyu munsi amushimira uburyo yitwaye akiri mwisi kuza igihe Imana yamwisubirije nta mugayo.
Ibi yabivuze mu rwego rwo gushimira umubyeyi wamwibarutse ariwe (Papa we) ku munsi wahariwe ababyeyi b’aba Papa.
Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instram yahishuriye abakunzi be ifoto y’umubyeyi wamwibarutse maze ayiherekeresha amagambo amushimira ubutwari n’ubumuntu byamuranze avuga ko aribyo byatumye aba uwo ariwe uyu munsi.
Mu butumwa yanditse yagize ati"Izina Kabendera ni hano ryavuye,Aha yarari gutanga inkuru(Report)Kuri BBC,umwuga nawo aho wavuye murahumvise ni Ahoooo Alhamdulillah.
Yabaye we mugihe gikwiye!
Ndashima Imana yamumpaye mugihe cyose twamaranye nkanayishima ko yamwishubije ari umugabo utambaye umugayo!
Warakoze Mana
Warakoze kungira uwo ndiwe None Papa,nzi neza ko utewe ishema nuwo ndiwe none!
Ndagukumbuye cyane Mr Kabendera we yiyitaga K(Mbese niyo yari a.k.a ye.
Tijara uretse kuba yaramenyekanye cyane mu itangazamakuru azwiho kugira umurava ndetse n’urukundo n’umutima ufasha bitewe n’ibikorwa agenda agaragaramo bitandukanye.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *