skol

78% by’Abagore bakina ruhago bakorerwa ihohoterwa

Yanditswe: Thursday 25, Sep 2025

featured-image

Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango w’Abagore bakina umupira w’amaguru (WIF) bwerekana ko 78 ku ijana by’abagore bakina ruhago bakorerwa ihohoterwa ririmo irishingiye ku gitsina.

Ubu bushakashatsi bwakozwe n’uyu muryango urwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse ukanazamura Urwego abagore bafatwaho mu mupira w’amaguru, bwagiye hanze kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Nzeri 2025.

Ubu bushakashatsi bwerekana ko umubare munini w’abakorerwa ihoteterwa biba binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Mu bahura n’iki kibazo 56% barakivuze ariko birangira nta gikozwe.

Ubu bushakashatsi bwa WIF kandi bugaragaza ko 69% by’abagize umupira w’Abagore baba bakora cyane baharanira ko bafatwa nk’uko abagabo bafatwa.

Nubwo hari abagore bakina umupira w’amaguru bakorerwa ihohoterwa bakarigaragaza ariko hari n’abandi barikorerwa gusa ntibarigaragaze. Abo bo bangana na 36 % aho 26.9% baba batinya ko byagira ingaruka ku mwuga wabo wo gukina ruhago.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa