skol

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu ya Iran bisubiyeho

Yanditswe: Thursday 05, Mar 2026

featured-image

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Iran bateye isaruti ubwo baririmbaga indirimbo yubahiriza igihugu cyabo mbere y’umukino w’Igikombe cya Aziya bahuyemo na Australia yakiriye irushanwa, bitandukanye n’ubushize ubwo barucaga bakarumira ku mukino wa mbere bakinnye ku wa Mbere.

Mbere y’uwo mukino batsinzwemo na Koreya y’Epfo ibitego 3-0, abakinnyi ba Iran bahagaze hamwe batavuga, banga kuririmba indirimbo y’igihugu cyabo kiri mu ntambara aho gihanganye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israël.

Nta bisobanuro byatanzwe kuri iyo myitwarire ariko ku wa Gatatu, rutahizamu Sara Didar yavuganye amarangamutima ku kubura abo bakunda.

Ku rundi ruhande, Umunyamakuru w’Umunya-Australia Alireza Mohebbi ukorana na Televiziyo Mpuzamahanga yo muri Iran, yabwiye Ikinyamakuru ABC News ko “nta gushidikanya” abakinnyi basabwe kuririmba.

Ati “Birumvikana ko Ubutegetsi bwa Repubulika ya Kisilamu n’ikipe ishinzwe umutekano iri kumwe n’abakinnyi muri Australia, babategetse kuririmba no gutera isaruti rya gisirikare.”

Ikipe ya Iran yageze muri Australia mbere y’uko habaho kurasana hagati y’iki gihugu na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israël, aho intambara yatangiye ku wa Gatandatu ushize.

Abasivili barenga 1100 bamaze kugwa muri iyi ntambara nk’uko bitangazwa n’Ibiro Ntaramakuru by’Umuryango ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu bikorera muri Amerika, HRNA.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umutoza wa Iran, Marziyeh Jafari, yagize ati “Nta muntu ukunda ibiri kuba, ntawe ushaka intambara.”

Yongeyeho ko Iran yagiye gukina umupira w’amaguru.

Nyuma yo gutsindwa ibitego 4-0 na Australia kuri uyu wa Kane, bivuze ko Iran isabwa gutsinda Philippines bizahura ku Cyumweru kugira ngo igire amahirwe yo kurenga amatsinda.

Kwanga kuririmba indirimbo yubahiriza igihugu kw’ikipe y’abagore bihuye neza n’ibyakozwe n’ikipe y’abagabo mu Gikombe cy’Isi cya 2022 cyabereye muri Qatar, aho baryumyeho mbere y’umukino wa mbere bahuyemo n’u Bwongereza, ariko bakisubiraho ku mukino bakurikijeho bakina na Pays de Galles.

Ni igikorwa cyabaye nyuma y’imyigarambo yabereye muri Iran kubera urupfu rw’umugore w’imyaka 22, Mahsa Amini, waguye muri kasho ya polisi.

Mbere y’umukino wo kuri uyu wa Kane, abantu 12 barimo Abanya-Iran n’Abanya-Australia bahagaze hanze ya stade muri Gold Coast bazunguza amabendera ya Israël, Australia na Iran mbere y’uko ibamo impinduramatwara.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa