skol

Abakinnyi ba APR FC bari mu Amavubi bagiye kwifashishwa muri CECAFA Kagame Cup

Yanditswe: Wednesday 10, Sep 2025

featured-image

Abakinnyi batanu ba APR FC bari mu Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’, bagiye gusanga bagenzi babo muri Tanzania kugira ngo bazayifashe mu mikino isigaje mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup.

APR FC yageze muri ½ cy’iri rushanwa riterwa inkunga na Perezida Paul Kagame, ndetse izakina umukino wa ½ ku wa Gatanu.

Iyi kipe ihagarariye u Rwanda yagiye muri Tanzania idafite abakinnyi umunani bahamagawe mu makipe y’ibihugu by’u Rwanda, Uganda na Mauritanie.

Nyuma y’uko imikino mpuzamahanga irangiye ku wa Kabiri, u Rwanda rugatsinda Zimbabwe igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa Munani w’Amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi, abakinnyi ba APR FC bari mu Ikipe y’Igihugu barerekeza muri Tanzania.

Abo bakinnyi ni umunyezamu Ishimwe Pierre, ba myugariro Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude na Nduwayo Alexis, ndetse na Mugisha Gilbert ukina ku mpande asatira izamu, aho biteganyijwe ko bahaguruka i Johannesburg saa Yine z’ijoro.

Hari kandi Denis Omedi na Ronald Ssekiganda bari bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu yakinnye na Mozambique na Somalia mu gihe Mamadou Sy we atazajya muri Tanzania kuko yahagera ku wa Gatandatu mu gihe umukino wa nyuma uzaba ku Cyumweru.

Ku mukino usoza amatsinda APR FC yakinnye ku wa Mbere, yari ifite abakinnyi 15 bo mu ikipe ya mbere kuko Dauda Yussif yari afite amakarita abiri y’umuhondo naho Djibril Ouattara arwaye. Gusa iyi kipe yajyanye n’abakinnyi bane bakiri bato basanzwe bakinira Intare FC.

Ikipe izahura na APR FC muri ½ cya CECAFA Kagame Cup, ni iba iya mbere mu Itsinda C ririmo MCC FC, Al Ahly Wad Madani FC, Al Hilal SC na Kator FC kuri uyu wa Gatatu, aho aya makipe yose anganya amanota abiri mbere yo gukina umukino wa nyuma mu itsinda.

Niyomugabo Claude na Omborenga Fitina bari mu bakinnyi batanu ba APR FC bari bahamagawe mu Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’

APR FC yatanze abakinnyi umunani mu makipe y’ibihugu muri iyi Nzeri

APR FC izasubira mu kibuga ku wa Gatanu ikina umukino wa 1/2 cya CECAFA Kagame Cup iri kubera muri Tanzania

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa