skol

Abanyamahanga babanza mu kibuga muri Shampiyona y’u Rwanda bongerewe

Yanditswe: Wednesday 10, Sep 2025

featured-image

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko guhera mu mwaka w’imikino wa 2025/26, amakipe akina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere yemerewe kwifashisha abanyamahanga umunani mu bakinnyi babanza mu kibuga.Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko guhera mu mwaka w’imikino wa 2025/26, amakipe akina Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere yemerewe kwifashisha abanyamahanga umunani mu bakinnyi babanza mu kibuga.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, FERWAFA yavuze ko ku wa 8 Nzeri 2025 hateranye inama ya Komite Nyobozi yayo igafata ibyemezo bigamije guteza imbere no kunoza imiyoborere muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bagabo (Rwanda Premier League).

Yavuze ko guhera mu mwaka w’imikino wa 2025/26, umubare w’abakinnyi b’abanyamahanga bemererwa kujya ku rupapuro rw’umukino utagomba kurenga umunani ndetse "nta mubare ntarengwa w’abanyamahanga bashobora kujya mu kibuga".

Ubusanzwe, amakipe yashoboraga gushyira abanyamahanga 10 ku rupapuro rw’umukino, ariko abahurira mu kibuga ntibarenge batandatu.

FERWAFA yavuze ko kandi hagiye kujyaho ikiguzi cyo kwandikisha abakinnyi b’abanyamahanga, aho guhera mu isoko ry’igura n’igurisha ritaha (muri Mutarama), kwandikisha umukinnyi w’umunyamahanga bizajya bikorwa ku giciro cya miliyoni ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda.

Ubusanzwe, kwandikisha abakinnyi n’abatoza bungirije byari 5000 Frw kuri buri umwe, umutoza mukuru w’Umunyarwanda ni ibihumbi 100 Frw naho umutoza w’umunyamahanga ni ibihumbi 500 Frw.

Yatangaje kandi ko guhera mu mwaka w’imikino wa 2026/27, buri kipe izasabwa kugira nibura abakinnyi batatu b’Abanyarwanda bari munsi y’imyaka 21 ku rupapuro rw’umukino.

Ku bijyanye no kwinjira ku kibuga, FERWAFA yavuze ko inshingano zo kugurisha amatike ku mikino ya Premier league zihabwa Rwanda Premier League.

Yongeyeho ko izakorana na Rwanda Premier League mu kugena no kwemeza uburyo inyungu zizajya zisaranganywa hagati y’impande zose bireba.

Shampiyona ya 2025/26 izatangira ku wa Gatanu, tariki ya 12 Nzeri 2025.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa