Abanye-Congo bangije ’Stade des Martyrs’ nyuma yo gutsindwa na Sénégal
Yanditswe: Wednesday 10, Sep 2025
Abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakuye intebe za Stade des Martyrs nyuma yo gutsindwa na Sénégal ibitego 3-2, mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.
Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri, aho RDC yabanje ibitego bibiri hakiri kare bya Cedric Bakambu ku munota wa 25 na Yoane Wissa ku wa 32, abafana batangira kwizera ko baracyura intsinzi bitewe n’uko umukino wagendaga.
Icyakora, Pape Gueye yagomboye igitego cya mbere, igice cya mbere kirangira ari ibitego 2-1.
Sénégal yagaragaje ko ari ikipe ikomeye yigaranzura RDC umukino urangira yatsinze ibitego 3-2.
Ibyavuye mu mukino ntabwo byakiriwe neza n’abafana kuko mu burakari bwinshi bangije Stade des Martyrs, aho mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza bakura intebe bakazitera mu kibuga.
Kugeza ubu, ntacyo ubuyobozi bwa siporo muri iki gihugu buratangaza ku myitwarire y’aba bafana.
Ikipe y’Igihugu ya Sénégal yahise yicara ku mwanya wa mbere mu Itsinda B n’amanota 18 ikurikiwe na RDC ifite 16.
Mu mikino ibiri RDC isigaje harimo uwo izasura Togo, mu gihe izasoza yakira Sudani.
Sénégal yigaranzuye RDC iyitsinda ibitego 3-2 biteza imvururu mu bafana
RDC yirangayeho imbere ya Sénégal
Abanye-Congo bangije ’Stade des Martyrs’ nyuma yo gutsindwa na Sénégal

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *