skol

Alexander Isak agiye kuba umukinnyi uhenze mu mateka ya ruhago y’u Bwongereza

Yanditswe: Monday 01, Sep 2025

featured-image

Ikipe ya Liverpool igiye gusinyisha rutahizamu wa Newcastle United, Alexander Isak, ku masezerano azandika amateka mu Bwongereza aho imutangaho miliyoni 125 z’Amapawundi ku munsi wa nyuma w’igura n’igurisha ry’abakinnyi.

Amakipe yombi yamaze kumvikana ku igurwa ry’uyu mukinnyi w’imyaka 25 ukomoka muri Suède.

Alexander Isak arakora ikizamini cy’ubuzima kuri uyu wa Mbere, mbere yo gutangazwa nk’umukinnyi mushya wa Liverpool kuri uyu munsi wa nyuma wo kugura abakinnyi mu Bwongereza.

Amasezerano y’imyaka itandatu ahabwa uyu mukinnyi uri mu bitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2024/25, ahagaze agaciro ka miliyoni 130 z’Amapawundi kuri Newcastle United mu gihe Liverpool yishyura miliyoni 125 z’Amapawundi.

Miliyoni 5 z’Amapawundi zashyizwe ku ruhande ni izizahabwa amakipe Isak yanyuzemo afite hagati y’imyaka 12 na 23, ari yo AIK yo muri Suède, Borussia Dortmund na Real Sociedad.

Isak agiye kuba umukinnyi uhenze mu mateka ya ruhago yo mu Bwami bw’u Bwongereza dore ko igiciro cye kiruta miliyoni 115 z’Amapawundi, Chelsea yatanze kuri Moisés Caicedo mu mpeshyi ya 2023.

Liverpool yari yatangiye itanga miliyoni 110 z’Amapawundi n’andi mafaranga y’inyongera kuri Isak mu ntangiriro za Kanama, ariko Newcastle yanze kugurisha umukinnyi wayo ukomeye idahawe ibyo yifuza.

Nubwo Newcastle yifuzaga miliyoni 150 z’Amapawundi, ibintu byahindutse nyuma y’ibyumweru bike ubwo Isak yangaga kwitabira imyitozo no gukina mu rwego rwo gusunikira iyi kipe kumugurisha.

Ikindi cy’ingenzi cyatumye Newcastle United yemera ibyo Liverpool yatangaga ni ukubona umusimbura wa Isak.

Kuri ubu iyi kipe yamaze kugura Nick Woltemade wavuye muri Stuttgart ku mafaranga ashobora kugera kuri miliyoni 69 z’Amapawundi, aho byafunguye imiryango kuri Liverpool kugira ngo ibone Alexander Isak.

Newcastle kandi irashaka gusimbuza Callum Wilson wayivuyemo ku buntu nyuma yo gusoza amasezerano ye mu mpera z’umwaka w’imikino ushize.

Bamwe mu bakinnyi yifuza barimo Yoane Wissa wa Brentford na Jorgen Strand-Larsen wa Wolves, ariko aya makipe yombi yanze kwemera amafaranga atangwa na Newcastle United.

Ku munsi ubanziriza uwa nyuma wo kugura no kugurisha abakinnyi, Wissa yasabye Brentford ko yamurekura, anashyira ubutumwa kuri Instagram agaragaza kutishimira ko ari kwimwa amahirwe yo kujya muri Newcastle United.

Alexander Isak agiye gutangwaho miliyoni 125 z’Amapawundi, abe umukinnyi uhenze mu mateka y’umupira w’amaguru mu Bwongereza

Isak yari amaze iminsi yaranze kwitoza no gukina muri Newcastle United kuko yashaka kugurishwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa