Alexander Isak wa Newcastle yahisemo gukorera imyitozo muri Real Sociedad
Yanditswe: Friday 01, Aug 2025
Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Suwede, Alexander Isak, ari gukora imyitozo ku giti cye ku kibuga cya Real Sociedad, ikipe yo muri Espagne yakiniye mbere yo kwerekeza muri Newcastle United, mu gihe hakomeje kuba urujijo ku hazaza he muri iyi kipe yo mu Bwongereza.
Isak ntiyajyanye na Newcastle mu rugendo rwa pre-season muri Aziya, ikipe ya Newcastle ikaba itangaza ko afite ikibazo cyoroheje ku mitsi y’itako.
Amakuru avuga ko Isak yifuza kuva muri Newcastle, aho ikipe ya Liverpool imwifuza cyane nk’uko byemezwa n’abakurikiranira hafi uyu mukinnyi wahoze anakinira Borussia Dortmund.
Uyu mukinnyi w’imyaka 25 y’amavuko yinjiye muri Newcastle mu mwaka wa 2022 avuye muri Real Sociedad aguzwe £60m.
Nk’uko byatangajwe na BBC Sport, Isak ari gukoresha ibikorwa remezo bya Real Sociedad mu myitozo, ariko ntari kumwe n’abandi bakinnyi. Bivugwa ko ari we wasabye uburenganzira bwo kuhitoreza, kandi ikipe irabyemera, ariko ntakora ku masaha y’imyitozo y’ikipe ya mbere.
Umutoza mukuru wa Newcastle, Eddie Howe, yavuze ko kugeza ubu nta kipe n’imwe iratanga igitekerezo cyangwa ngo yandikire Newcastle isaba kugura Isak.
Yagize ati: “Isak aracyari umukinnyi wacu, kandi afite amasezerano aduhuza. Mu buryo runaka, dufite uburenganzira ku cyemezo cyose kimureba. Icyifuzo cyanjye ni uko yaguma hano, ariko si njye ngenyine ubifite mu biganza.”
Isak yatsinze ibitego 27 mu mikino 42 yakinnye mu marushanwa yose mu mwaka ushize w’imikino wa Newcastle.
Isak arashaka kwerekeza muri Liverpool

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *