skol

Amakipe 10 y’umupira w’amaguru akunzwe kurusha ayandi yose ku isi ku mbuga nkoranyambaga

Yanditswe: Monday 26, Apr 2021

Imbuga nkoranyambaga zisigaye zikorerwaho ibintu bitandukanye yaba mu kwamamaza no gutangaza amakuru ariyo mpamvu amakipe menshi ku isi azikoresha mu kwimenyekanisha gusa hari 10 akunzwe kurusha ayandi ku isi.
Mu makipe 10 ya mbere y’umupira w’amaguru akunzwe ku mbuga nkoranyambaga kurusha ayandi yose ku isi,harimo 5 yo mu gihugu cy’Ubwongereza.
Shampiyona y’Ubwongereza,Premier League,niyo ikunzwe kurusha izindi ku isi kubera ihangana rikomeye riyigaragaramo ndetse no gutungurana (…)

Imbuga nkoranyambaga zisigaye zikorerwaho ibintu bitandukanye yaba mu kwamamaza no gutangaza amakuru ariyo mpamvu amakipe menshi ku isi azikoresha mu kwimenyekanisha gusa hari 10 akunzwe kurusha ayandi ku isi.

Mu makipe 10 ya mbere y’umupira w’amaguru akunzwe ku mbuga nkoranyambaga kurusha ayandi yose ku isi,harimo 5 yo mu gihugu cy’Ubwongereza.

Shampiyona y’Ubwongereza,Premier League,niyo ikunzwe kurusha izindi ku isi kubera ihangana rikomeye riyigaragaramo ndetse no gutungurana kuyirangwamo tutibagiwe n’akayabo k’amafaranga ayigaragaramo.

Ikinyamakuru Goal cyakoze urutonde rw’amakipe akunzwe kurusha ayandi ku isi mu mupira w’amaguru cyagaragaje ko ibigugu 2 byo muri Espagne aribyo biyoboye.

Iki kinyamakuru cyateranyije abantu bakurikira buri kipe ku mbuga nka Twitter, Facebook, Instagram, YouTube na TikTok.

Real Madrid niyo kipe ikurikirwa na benshi ku isi kuko ifite abayikurikira kuri ziriya mbuga zose basaga miliyoni 252 ndetse irusha FC Barcelona ya kabiri abantu miliyoni 2.

Icyakora aya makipe yose nta n’imwe yakwigeza kuri Cristiano Ronaldo kuko we kuri Instagram yonyiye akurikirwa na miliyoni 278.

Urutonde rw’amakipe 10 akurikiwe cyane ku mbuga nkoranyambaga:

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa