skol

Amakipe y’i Huye azakirira APR FC na Rayon Sports i Muhanga

Yanditswe: Wednesday 07, Jan 2026

featured-image

Rwanda Premier League yakoze impinduka ku ngengabihe y’imikino isoza igice kibanza cya Shampiyona, zasize Amagaju FC izakirira APR FC i Muhanga tariki ya 14 Mutarama 2026 naho Mukura VS ikahakirira Rayon Sports ku wa 24 Mutarama.

Amagaju FC na Mukura VS zombi zisanzwe zakirira kuri Stade ya Huye, ariko iyi stade imaze amezi arindwi ishyirwamo ikibuga gishya ndetse kugeza ubu icyizere ni gike ko itariki ntarengwa yihawe, ya 20 Mutarama 2026, izagera imirimo yose yararangiye.

Mu rwego rwo kwirinda ko iyi mikino yakomeza kurarana, Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere (Rwanda Premier League) rwahisemo kwimurira imikino yari kubera i Huye mu Karere ka Muhanga.

Hemejwe kandi uburyo indi mikino itari yarashyiriweho amatariki izakinwa aho ku wa 11 Mutarama, amakipe yo muri Sudani azakirira ay’i Huye kuri Kigali Pele Stadium aho Al-Merrikh izakina na Mukura VS guhera Saa 18:00 naho Al-Hilal SC igakina n’Amagaju FC guhera Saa 21:00.

Ni ubwa mbere umukino wa Shampiyona y’u Rwanda uzaba ubaye kuri aya masaha ya Saa Tatu z’ijoro.

Ku wa 17 Mutarama, APR FC izakirira Al-Merrikh SC muri Stade Amahoro, Rayon Sports ihakirire Al-Hilal bukeye bwaho mu gihe Gikundiro izakirwa na Al-Merrikh SC ku wa 21 Mutarama.

Imikino ibiri bitaremezwa igihe izabera ni uzahuza Al-Hilal SC na APR FC n’uzahuza Al-Hilal na Al-Merrikh SC.

Biteganyijwe ko imikino yo kwishyura ya Shampiyona izatangira ku wa 30 Mutarama 2026.

Mukura VS izakirira Rayon Sports i Muhanga

Umukino w’Amagaju FC na APR FC na wo uzabera i Muhanga kuko ikibuga cya Stade Huye kitaraboneka

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa