Amarangamutima y’umutoza wa Manchester United nyuma yo gusezererwa n’ikipe yo mu cyiciro cya kane
Yanditswe: Thursday 28, Aug 2025
Umutoza w’ikipe ya Manchester United, Ruben Amorim yavuze ko hari ikigomba guhinduka nyuma y’uko basezerewe n’ikipe yo mu cyiciro cya Kane mu irushanwa rya Carabao Cup.
Ku wa Gatatu tariki 27 Kanama 2025 ni bwo ikipe ya Grimsby Town yo muri shampiyona y’icyiciro cya kane mu Bwongereza yari yakiriye Manchester United kuri Blundell Park mu ijonjora rya kabiri rya Carabao Cup.
Iminota y’uyu mukino yarangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2 bituma hitabazwa penariti, birangira Grimsby Town ari yo itsinze aho yinjije penariti 12 naho Manchester United yo ikinjiza penariti 11.
Nyuma y’uyu mukino, Ruben Amorim utoza Manchester United yavuze ko hari ikigomba guhinduka ndetse ko nta kintu cyo kuvuga afite. Yagize ati: ”Hari ikintu kigomba guhinduka ntabwo ngiye guhindura abakinnyi 22 nanone.
Nakavuze ibintu byiza cyane n’ibintu by’ingenzi ariko ntacyo kuvuga. Ntacyo navuga. Icyo na cyo ni ikibazo kandi kinini. Kubona amakosa amwe kandi ntacyo ufite cyo kuyavugaho muri uwo mwanya. Mbabajwe n’abafana bacu. Birakabije”.
Yavuze ko batangiye umukino nta mbaranga ndetse yongera gushimangira ko ibyabaye bigoye kubivugaho. Ati: ”Twatangiye umukino nta mbaraga, hari igitekerezo cy’igitutu. Twari twabuze rwose, biragoye kubisobanura. Iyo uhombye utsinzwe ariko ukabona ikintu gishya, ni ibintu biba bitandukanye. Iyo ubonye ikintu nk’iki uyu munsi, biragoye kukivugaho”.
Kugeza ubu Manchester United ifite inota rimwe mu mikino ibiri ya Premier League imaze gukina ikaba izasubira mu kibuga ku wa Gatandatu yakira Burnley.
Ruben Amorim yavuze ko hari ikigomba guhinduka nyuma yo gusezererwa n’ikipe yo mu cyiciro cya Kane

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *