skol

APR FC ntikibona ku rwego rw’amakipe yo mu Rwanda

Yanditswe: Tuesday 27, Jan 2026

featured-image

Chairman w’Ikipe ya APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko barajwe ishinga no kubaka ikipe ikomeye izitwara neza mu marushanwa Nyafurika kuko imbere mu gihugu bamaze kugaragaza urwego ruri hejuru.

APR FC ifite umukino w’ikirarane izahuramo na Al-Hilal SC, yasoje imikino ibanza irushwa amanota abiri n’iyi kipe yo muri Sudani iyoboye Shampiyona y’u Rwanda.

Abajijwe uburyo babona ikipe yitwaye mu gice kibanza cya Shampiyona, Chairman w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu, Brig Gen Deo Rusanganwa, yabwiye IGIHE ko basoje iyi mikino bakina neza, ariko icyo batekereza cyane ari ukuzitwara neza mu marushanwa Nyafurika.

Ati: “Imbere mu gihugu, urwego rwacu ruhora ruri hejuru. Njya mbisubiramo, twe turatekereza hanze, aha ibyacu twarabikoze. Turabona ikipe iri kwitwara neza, umutoza ari kugenda amenya abakinnyi be n’uburyo abakinishamo agenda abumenya, byose murabibona.”

Yongeyeho ko ubu ikiraje ishinga ubuyobozi bwa APR FC ari ukubaka ikipe ikomeye ikina ku ruhando mpuzamahanga.

Ati: “Ubu ikituraje ishinga ni ukureba ngo turubaka gute ikipe ikomeye, ikina ku ruhando mpuzamahanga. Ubu ikipe imeze neza, hari ibyo abatoza batubwiye, nitwicara mu nama bazatubwira imyanya bashaka kongeramo imbaraga ku buryo tuzarangiza Shampiyona dufite gahunda y’uko bizagenda.”

Uyu muyobozi yavuze kandi ko APR FC iteganya kongeramo indi myanya ishinzwe tekinike, aho abazayijyamo bazafatanya n’abatoza mu gukurikirana abakinnyi bakiri bato.

Kugira ngo APR FC isubire mu marushanwa Nyafurika idasibamo kuva mu 2020, bizayisaba kwegukana kimwe mu bikombe bikinirwa mu Rwanda cyangwa kuba iya kabiri mu gihe haba hari indi kipe yatwaye Shampiyona n’Igikombe cy’Amahoro.

Nubwo iyi kipe imaze kwegukana Shampiyona y’u Rwanda inshuro 23 yitabira kenshi ayo marushanwa, mu myaka itatu ishize ntiyorohewe no gutombora Pyramids FC yo mu Misiri, iri mu makipe akomeye muri Afurika, yayisezereye muri izo nshuro zose.

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa, yavuze ko barajwe ishinga no kubaka ikipe ikomeye izitwara neza ku ruhando Nyafurika kuko imbere mu gihugu bamaze kugaragaza ubushobozi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa