Umunya-Ghana, Richmond Lamptey wakiniraga APR FC, yerekeje muri Al Ittihad Misurata SC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Libya yamuguze ibihumbi 50$ (arenga miliyoni 70 Frw).
Uyu mukinnyi yamaze kuva muri Tanzania aho iyi kipe yitabiriye CECAFA Kagame Cup 2025 yanatangiye neza itsinda Bumamuru y’i Burundi ibitego 2-0.
Mu mwaka Lamptey yari amaze mu Ikipe y’Ingabo nta gitego yatsinze, icyakora yegukanye ibikombe bitatu mu mwaka ushize w’imikino.
Al Ittihad Misurata SC yasoje ku mwanya wa gatatu mu gice cy’Iburengerazuba, inagarukira mu mikino ya Kamarampaka kuko itageze mu mikino ya nyuma muri Shampiyona ya Libya.
Lamptey yageze muri APR FC mu mwaka ushize w’imikino gusa ntiyabonye umwanya uhagije wo gukina. Uyu mukinnyi kandi ni umwe mu bakundwa n’abafana b’iyi kipe cyane kubera imikinire ye.
Richmond Lamptey wari umaze umwaka muri APR FC yagurishijwe muri Libya
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *