APR FC yatsinze Gasogi United ifata umwanya wa mbere muri Shampiyona
Yanditswe: Wednesday 04, Feb 2026
APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa 18 wa shampiyona, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rwa shampiyona rw’agateganyo.
Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 4 Gashyantare 2026.
Wari umukino wa mbere ku mutoza mushya wa Gasogi United, Charles Ayiekoh Lukula uherutse guhabwa inshingano zo gutoza iyi kipe asimbuye Dusenge Sacha.
Ikipe y’Ingabo ni yo yatangiye neza umukino isatira izamu rya Gasogi United bidatsinze ku munota wa 12, yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Hakim Kiwanuka ku mupira yahawe na William Togui
Mu miniota 25, Gasogi United yinjiye mu mukino itangira guhererekanya neza imbere y’izamu rya APR FC harimo ishoti rikomeye ryatewe na
Mudeli Akbar, Umunyezamu Ishimwe Pierre akora gato ku mupira urakomeza, ukubita umutambiko w’izamu uvamo.
Ku munota wa 39’ APR FC yabonye igitego cya kabiri, ku mupira watewe na Cheick Djibril Ouattara wari wenyine imbere y’izamu ukurwaho nabi n’umunyezamu Ndagijimana Leandre, usanga Memel Dao wari uhagaze neza ahita awushyira mu izamu.
Igice cya mbere cyarangiye APR FC itsinze Gasogi United ibitego 2-0.
Mu igice cya kabiri, APR FC yakomeje guhererekanya neza mu kibuga hagati, umupira ukinirwa cyane mu rubuga rw’amahina rwa Gasogi United.
Ku munota wa 55’ APR FC yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma yaho Dauda Yussif ahawe ikarita itukura kubera gukubita urushyi Danny Ndikumana wa Gasogi United.
Ku munota wa 73, Bugingo Hakim wa APR FC yatezwe mu rubuga rw’amahina, umusifuzi Kayitare David yemeza ko ari Penaliti.
Iyi Penaliti yinjijwe neza na Cheick Djibril Ouattara atsindira APR FC igitego cya gatatu.
Iminota 10 ya nyuma Gasogi United yagerageje gusatira, ariko imipira yateraga mu izamu igafatwa neza n’umunyezamu Ishimwe Pierre.
Umukino warangiye APR FC itsinze Gasogi United ibitego 3-0, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda n’amanota 36 mu mikino 17 imaze gukina.
Ikipe y’Ingabo ikurikiwe na Al Hilal SC irusha inota rimwe( ifite imikino ibiri y’ibirarane).
Ni mu gihe Gasogi United yagumye ku mwanya wa 10 n’amanota 22.
Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga
Abakinnyi ba Gasogi United babanje mu kibuga


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *