skol

Arsenal mu nzira yo kwegukana Eberechi Eze imunyaze Tottenham

Yanditswe: Thursday 21, Aug 2025

featured-image

Ikipe ya Arsenal iritegura gusinyisha rutahizamu Eberechi Eze ikamwambura Tottenham Hotspur yamwifuzaga, mu gikorwa gishobora kuba kimwe mu byatunguranye cyane muri iyi mpeshyi ya Premier League.

Tottenham yari hafi cyane gusinyisha uyu mukinnyi w’imyaka 27 ukina hagati asatira muri Crystal Palace, kugira ngo yerekeze mu majyaruguru ya London. Ariko ubu biravugwa ko Arsenal, kubera impungenge z’imvune ya Kai Havertz, ishobora guhagarika ibyo biganiro igasinyisha Eze, umukinnyi wigeze kurekurwa n’iyi kipe afite imyaka 13, maze ikamugarura kuri Emirates Stadium.

The Athletic yatangaje ko Arsenal yamaze kugera ku masezerano y’ibanze na Crystal Palace yo kugura Eze, aho amafaranga azatangwa ari hafi ya miliyoni £68 angana neza n’ayo Tottenham yari yiteguye gutanga.

Uruhare rwa Arsenal rwarushijeho kwiyongera nyuma y’uko Havertz yagize ikibazo cy’imvune. Kai Havertez yagaragaye mu gice cya kabiri cy’umukino batsinzemo Manchester United ku Cyumweru ndetse arangiza umukino, ariko ntiyabonetse mu myitozo y’iyi kipe yabereye kuri Emirates ku wa Gatatu.

Arsenal yarangije umwaka ushize ku mwanya wa kabiri inyuma ya Liverpool yegukanye igikombe cya Premier League, kandi yitezweho kongera guhatanira igikombe uyu mwaka. Ku rundi ruhande, Tottenham yarangije ku mwanya wa 17 muri shampiyona, n’ubwo yari yegukanye igikombe cya Europa League nyuma yo gutsinda Man United ku mukino wa nyuma.

Eze yakinnye iminota 84 mu mukino Crystal Palace yanganyijemo na Chelsea ku mpera z’icyumweru gishize, ndetse yakoranye n’abandi imyitozo ku wa Gatatu yitegura umukino wa Conference League playoff aho bazakira Fredrikstad. Umutoza Oliver Glasner yemeje ko Eze na kapiteni Marc Guehi ushakishwa na Liverpool bombi bazabanza mu kibuga.

Ati “Ubanza benshi mwatunguwe kubona Marc na Eze batangira umukino bakanakina hafi umukino wose ku mukino twakinnyemo na Chelsea. Abenshi murongera gutungurwa ejo bazongera gutangira, n’ubwo hari amakuru menshi ari kuvugwa. Ariko bashyize umutima mu ikipe, bafite amasezerano hano kandi bagize uruhare rukomeye ku ntsinzi twagize. Bazakomeza kuba ingenzi igihe cyose bari hano.”

Eze uri mu nzira zo kwerekeza muri Arsenal yari hafi kujya muri Tottenham

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa