Rutahizamu wa Chelsea,Pierre-Emerick Aubameyang yafashwe amashusho avuga ko umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta adashobora kuyobora "abakinnyi bakomeye".
Arteta yambuye uyu rutahizamu ubukapiteni bwa Arsenalmu Kuboza k’umwaka ushize ndetse anamwirukana mu ikipe hanyuma yerekeza muri Barcelona nayo yaje kumugurisha muri Chelsea.
Aubameyang agaragara yicaye mu ntebe ubwo yabwiraga undi mugabo ibya Arteta: ati"Abantu bahatana n’abakinnyi bakomeye ... ntashobora kubayobora.
"Akeneye abakinnyi (…)
Rutahizamu wa Chelsea,Pierre-Emerick Aubameyang yafashwe amashusho avuga ko umutoza wa Arsenal, Mikel Arteta adashobora kuyobora "abakinnyi bakomeye".
Arteta yambuye uyu rutahizamu ubukapiteni bwa Arsenalmu Kuboza k’umwaka ushize ndetse anamwirukana mu ikipe hanyuma yerekeza muri Barcelona nayo yaje kumugurisha muri Chelsea.
Aubameyang agaragara yicaye mu ntebe ubwo yabwiraga undi mugabo ibya Arteta: ati"Abantu bahatana n’abakinnyi bakomeye ... ntashobora kubayobora.
"Akeneye abakinnyi bato batavuga ahubwo bumva gusa."
Aubameyang w’imyaka 33, yari umukinnyi ukomeye wa Arsenal mu busatirizi nyuma yo kuva muri Borussia Dortmund mu 2016 - kugeza mu ntangiriro za shampiyona ishize.
Kuva ubwo yahise ashyirwa ku ruhande, ategekwa kwitoreza kure y’ikipe ya mbere - kubera ibyo yashinjwaga birimo "kutita ku bintu n’ubwitange".
Muri filimi mbarankuru yiswe "All or Nothing: Arsenal",Arteta yagarutse ku myitwarire mibi ya Aubameyang.
Yagize ati "Mfite ibintu byose byanditse,harimo n’amatariki, igihe, ibiganiro, uko byagenze, impamvu byabaye. . . kuko umunsi umwe biba bikenewe.
"[Aubameyang] yarakererwaga, uretse ibindi bibazo byose,byabaye inshuro nyinshi.
Aubameyang wahembwaga ibihumbi 350 by’amapawundi buri cyumweru muri Arsenal yarekuwe atameze neza gusa yongera kugaruka mu bihe byiza muri FC Barcelona.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *