skol

Bayisenge Emery mu muryango winjira muri Rayon Sports?

Yanditswe: Friday 11, Jul 2025

featured-image

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gushaka myugariro, bivugwa ko yageze kuri Bayisenge Emery wakiniraga Gasogi United mu mwaka ushize w’imikino.

Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gushaka myugariro, bivugwa ko yageze kuri Bayisenge Emery wakiniraga Gasogi United mu mwaka ushize w’imikino.

Perezida w’iyi kipe, Twagirayezu Thaddée, aherutse gutangaza ko isigaje kugura abakinnyi batatu barimo na myugariro. Ukomeje kugarukwaho ni Bayisenge Emery wirinze kugira byinshi abivugaho.

Bayisenge yanyuze mu makipe menshi nka APR FC, AS Kigali na Gasogi United aherukamo. Hanze y’u Rwanda yakiniye KAC de Kénitra yo muri Maroc, USM Alger na Gor Mahia yo muri Kenya.

Undi mukinnyi uvugwa muri Murera ni Ntarindwa Aimable wakiniraga Mukura, Harerimana Abdulaziz wasoje amasezerano muri Gasogi United na Bigirimana Abedi umaze igihe ategerejwe.

Muri iyi mpeshyi, Rayon Sports imaze kugura abakinnyi batandatu aribo Musore Prince, Rushema Chris, Tambwe Gloire, Mohamed Chelly, umunyezamu Drissa Kouyaté na rutahizamu Chadrak Bingi Bello.

Bayisenge ashobora kwerekeza muri Rayon Sports

Bayisenge Emery asanzwe mu Ikipe y’Igihugu

Hanze y’u Rwanda, Bayisenge aheruka muri Gor Mahia yo muri Kenya

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa