skol

Biravugwa ko Christophe Galtier utoza PSG ashobora gufungwa imyaka 3

Yanditswe: Tuesday 04, Jul 2023

featured-image

Umutoza wa Paris Saint-Germain, Christophe Galtier, azitabira urukiko i Nice mu Bufaransa aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ivangura rishingiye ku ruhu n’idini ndetse ashobora gufungwa imyaka itatu mu gihe byombi byaba bimuhamye.
Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo umushinjacyaha Xavier Bonhome wo mu rukiko rw’i Nice yashyize ahagararara itangazo rigenewe abanyamakuru, rivuga ko urubanza ruteganyijwe tariki ya 15 Ukuboza.
Iryo tangazo rivuga ko ubushinjyacyaha bwakoze (…)

Umutoza wa Paris Saint-Germain, Christophe Galtier, azitabira urukiko i Nice mu Bufaransa aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ivangura rishingiye ku ruhu n’idini ndetse ashobora gufungwa imyaka itatu mu gihe byombi byaba bimuhamye.

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo umushinjacyaha Xavier Bonhome wo mu rukiko rw’i Nice yashyize ahagararara itangazo rigenewe abanyamakuru, rivuga ko urubanza ruteganyijwe tariki ya 15 Ukuboza.

Iryo tangazo rivuga ko ubushinjyacyaha bwakoze iperereza ry’ibanze kuri Galtier n’umuhungu we, John Valovic, nyuma y’uko muri Mata itangazamakuru ryavuze ko Galtier yigeze kuvuga ko hari abirabura n’aba-Islam benshi mu ikipe [atoza Nice].

Rikomeza rivuga ko nyuma y’ubushakashatsi no kubazwa, Galtier na Valovic batawe muri yombi ku wa Gatanu, babazwa n’abakora iperereza. Abashinjacyaha bavuga ko aba bagabo babiri bahakanye ibyo baregwa.

Abashinjacyaha bo muri Nice bavuga ko iperereza ry’ibanze ryageze ku bakinnyi ba Nice ubwo yatozwaga na Galtier, kimwe n’abandi bayobozi muri iyo kipe.

Valovic ntiyakomeje gukurikiranwa, ararekurwa nyuma yo gusanga nta mwanya ukomeye yari afite mu Ikipe ya Nice.

Mu Ukwakira, uwunganira Galtier mu mategeko, Olivier Martin, yavuze ko “ahakana yivuye inyuma” ibiregwa uyu mutoza ndetse abifata nko “gusebanya no guhimba inkuru”.

Abashinjacyaha bavuga ko igihano gikomeye Galtier ashobora guhabwa mu gihe yahamya ihohotera rishingiye ku mitekerereze n’irondaruhu ari imyaka itatu y’igifungo n’ihazabu y’ibihumbi 49$.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa