skol

Brig Gen Deo Rusanganwa ntakiri Chairman wa APR FC

Yanditswe: Tuesday 09, Dec 2025

featured-image

Brig Gen Deo Rusanganwa wari Chairman w’Ikipe ya APR FC, yakuwe muri izo nshingano yari amazemo amezi 13.

Ni amakuru yatangiye kuvugwa ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri ndetse bihamywa n’umwe mu bantu bo muri iyi kipe.

Brig Gen Deo Rusanganwa usanzwe ari Umuyobozi wa Diviziyo ya Kabiri mu Ngabo z’u Rwanda, yari ku buyobozi bwa APR FC kuva mu Ugushyingo 2024, asimbuye Col (Rtd) Richard Karasira.

APR FC ntacyo iratangaza kuri izi mpinduka zabaye mu buyobozi bwayo, ariko amakuru avuga ko Col (Rtd) Vincent Mugisha usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru ari we usigara ayoboye by’agateganyo.

Ubwo yaganiraga na IGIHE, Col (Rtd) Mugisha yavuze ko iby’impinduka zivugwa na we yabibonye ku mbuga nkoranyambaga ndetse batarabimenyeshwa.

Mu mwaka n’ukwezi kumwe ku buyobozi, Brig Gen Deo Rusanganwa yahesheje APR FC kwegukana ibikombe bitatu bikinirwa mu Rwanda birimo Igikombe cya Shampiyona, Igikombe cy’Amahoro n’Igikombe cy’Intwari.

Kuri ubu asize iyi Kipe y’Ingabo z’Igihugu iri ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona, irushwa amanota ane na Police FC ya mbere inayirusha umukino umwe.

Mu mezi 13 Gen Rusanganwa yari amaze ari Chairman wa APR FC, iyi kipe yegukanye ibikombe bitatu bikinirwa mu Rwanda

Amakuru avuga ko Col (Rtd) Vincent Mugisha ari we usigara ayoboye APR FC by’agateganyo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa