CAF iri gukora iperereza ku Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Algeria yigaragambije kuri Maroc
Yanditswe: Friday 11, Jul 2025
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), iri gukora iperereza ku Ikipe y’Igihugu ya Algeria, nyuma yo kugaragaza imyitwarire mibi yo gupfuka ibirango n’amabendera bya Maroc biba byashyizwe aho abakinnyi bayo bicaye mu mikino y’Igikombe cya Afurika.
Muri Maroc hakomeje kubera imikino y’Igikombe cya Afurika cy’Abagore (WAFCON). Kuva iri rushanwa ryatangira, umwanya uba wateguriwe Algeria igerageza guhisha ibirango biri ku ntebe zabo bigaragaza amabendera n’ibirango bya Maroc yakiriye iri rushanwa.
Ku wa Kane, tariki ya 10 Nyakanga 2025, CAF yahise itangaza ko yatangiye gukurikirana ibi bikorwa bigaragaza imyitwarire mibi mu irushanwa, ibisa no kwigaragambya.
Yagize iti “Kurenga ku mategeko n’amabwiriza bya CAF mu mikino y’Igikombe cya Afurika iri kuba, ntacyo tuza kubivugaho kugeza iperereza riri gukorwa rirangiye.”
Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Algeria kandi yanze no gufata amafoto y’irushanwa, ibyavugishije benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru muri Maroc, bayisabira ibihano.
Maroc iri kwakira irushanwa ry’Igikombe cya Afurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, amakipe 12 akaba ari guhatana kuzageza tariki ya 26 Nyakanga 2025.
Intebe abakinnyi b’abasimbura ba Algeria bicaraho nta birango cyangwa amabendera ya Maroc biba bigaragara
Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Algeria ntabwo ishaka kugaragaza ahantu na hamwe Maroc yakiriye irushanwa
Ikipe y’Igihugu y’Abagore ya Algeria ishobora guhanwa kubera imyitwarire mibi iri kugaragaza mu Gikombe cya Afurika

Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *