skol

CHAN 2024: Maroc yegukanye igikombe ku nshuro ya gatatu

Yanditswe: Saturday 30, Aug 2025

featured-image

Maroc yegukanye Igikombe cya CHAN 2024 itsinze Madagascar ibitego 3-2 ku mukino wa nyuma, kiba igikombe cya gatatu cy’iri rushanwa yegukanye mu mateka.

Kuri uyu Gatandatu, tariki ya 30 Kanama 2025, ni bwo kuri Moi International Sports Centre iri mu mujyi wa Nairobi, habereye umukino wa nyuma wa Shampiyona Nyafurika ihuza abakina imbere mu bihugu byabo.

Uyu mukino wari witabiriwe ku buryo bukomeye wakurikiwe na Perezida wa Kenya, William Ruto, Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, Perezida wa CAF, Patrice Motsepe n’abandi bayobozi b’umupira w’amaguru batandukanye.

Madagascar yinjiye mu mukino mbere ndetse ku munota wa cyenda ihita ibona igitego cya mbere cyatsinzwe na rutahizamu wayo Felicite Manohantsoa, abifashijwemo na mugenzi we Mika Razafimahatana.

Ku munota wa 27, Youssef Mehri wabaye umukinnyi mwiza muri uyu mukino yatsinze igitego cyo kwishyura cya Maroc, byongerera imbaraga ikipe ye ibona igitego cya kabiri cyinjijwe na Oussama Lamlioui watumye bajya mu karuhuko bayoboye umukino.

Mu ntangiriro z’igice cya kabiri ku munota wa 46, Madagascar yakoze impinduka ikuramo abakinnyi batatu ari bo Randrianantenaina, Randriamanampsio Razafimahatana, ishyiramo Andrianarimanana, Rakotoson na Rakotondraibe.

Toky Rakotondraibe yahise abonera iyi kipe igitego cya kabiri cyo kunganya na Maroc, ariko rutahizamu wa Maroc Oussama Lamlioui ashyiramo igitego cya gatatu cyatanze intsinzi.

Maroc yahise yegukana iri rushanwa ku nshuro ya gatatu mu mateka nyuma yo gutwara icya 2018 na 2020.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa