skol

CHAN 2024: Perezida wa Uganda yemereye ikipe y’igihugu arenga Miliyoni 455 RWF kuri buri ntsinzi

Yanditswe: Tuesday 05, Aug 2025

featured-image

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni yemereye ikipe y’igihugu arenga Miliyoni 455 z’Amanayarwanda kuri buri mukino bazajya batsinda mu mikino y’Igikombe cya Afurika cy’Abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024).

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo muri Tanzania, Kenya na Uganda hatangiye gukinwa CHAN ya 2024. Ikipe y’igihugu ya Uganda iri mu itsinda C irakina umukino wayo wa mbere kuri uyu wa Mbere saa Moya z’umugoroba aho iracakirana na Algeria kuri Mandela National Stadium i Kampala.

Mbere y’uko uyu mukino ukinwa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yemereye abakinnyi ibihumbi 315 by’Amadorali kuri buri mukino bazajya batsinda muri iri rushanwa, ni ukuvuga ngo arenga Miliyoni 455 z’Amanyarwanda. Ibi byatangajwe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Uganda, FUFA, aho ryavuze ko Perezida waryo Magogo Moses yabibwiye n’abakinnyi.

Uganda ntabwo isanzwe izwiho kwitwara neza muri CHAN dore ko inshuro zose yitabiriye yagiye igarukira mu matsinda. Ibi bije nyuma y’uko na Perezida wa Kenya, William Ruto nawe yashyiriyeho amafaranga abakinnyi b’ikipe y’igihugu ayobora kuri buri mukino batsinze. Ejo ubwo Kenya yatsindaga DR Congo yahise abasanga mu rwambarariro arayabaha.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa