Chelsea na Manchester City zishobora kumanurwa mu cyiciro cya kabiri kubera amakosa zakoze
Yanditswe: Saturday 18, Nov 2023
Amakipe akomeye mu Bwongereza Manchester City na Chelsea afite ubwoba ko ashobora kumanurwa mu cyiciro cya kabiri kubera amakosa akomeye yakoze yo kwica Financial Fair Play.
Aya makipe abiri yigaragaje muri Premier League ashobora guhabwa ibihano biruta ibya Everton yakuweho amanota 10 muri shampiyona kubera gushora amafaranga menshi ku isoko kurusha ayo yinjije.
Aya makipe araregwa kwishyura akayabo amakipe nka Leeds, Leicester, Southampton, Nottingham Forest na Burnley.
Abahanga mu by’amategeko baburiye ko ikipe ya Man City yaherukaga gushinjwa kwica amategeko 115 ya FFP na Chelsea bari gukorwaho iperereza cyane ko bose bashinjwa gushora akayabo ku isoko ariko nta mafaranga binjije.
Chelsea yo ishinjwa kubikora cyane igihe yari mu maboko y’umuherwe Roman Abramovich wakundaga kugura cyane abakinnyi.
Umunyamategeko ukomeye mu bya siporo,umujyanama wa City yavuze ko aya makipe yombi ahamwe n’icyaha igihano cyoroshye yahabwa ari ukumanuka mu cyiciro cya kabiri.
Yagize ati "Gukurwaho amanota 10 kuri Everton ni igihano gikomeye cyane kubera kwica amategeko ya Financial Fair Play.
Airko birashimangira ko ibihano kuri City na Chelsea bishobora kuba kumanurwa mu cyiciro cya kabiri.
Mu kwezi kwa mbere uyu mwaka,Man City yahakanye ibirego byose yashinjwaga gusa ntabwo kuri iyi nshuro bizayorohera kuko amategeko ya FFP yongeye guhindura isura.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *